AGEZWEHO

  • RIB ifunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Nyabihu: Iminara bemerewe na Perezida Kagame yabagezeho, itumanaho ryaroroshye

Yanditswe Sep, 14 2020 06:25 AM | 32,302 Views



Bamwe mu baturage bo Karere ka Nyabihu barishimira ko iminara bemerewe na Perezida Kagame yabagezeho, kuri ubu ngo itumanaho ryarorshye. Ni nyuma y'aho muri Gicurasi 2019 bamugejejeho ikibazo cy'itumanaho cyari cyiganje mu mirenge imwe n'imwe.

Nyabihu nk’Akarere kagizwe n’imisozi miremire, ihuzanzira mu itumanaho ryakunze kuba ingorabahizi, ingaruka zabyo  abaturage ntibahwemye kuvuga ko bari mu bwigunge ku bw’iminara y’itumanaho idahagije.

Aho itumanaho ritakoraga neza ni mu gice kimwe cy’imirenge ikikiye ibirunga mu ya  Mukamira, Jenda na Kabatwa, ndetse n’igice cy’imisozi miremire mu mirenge ya Mulinga, Karago na Rambura ihana imbibi n’ishyamba rya   Gishwati wongeyeho Kintobo.

Iki kibazo abatuye Nyabihu bagituye Perezida Paul Kagame ubwo yasuraga uturere twa Nyabihu na Musanze muri Gicurasi umwaka ushize abizeza ko ibibazo by’ihuzanzira rya telefoni no kureba televiziyo bikemuka mu gihe cya vuba.

Mu mwaka umwe iminara  mishya y’inyongera  yarubatswe kandi irakora neza, ubu ikibazo cy’ihuzanzira cyarakemutse. Abatuye mu mirenge yatakaga ubwigunge, kuri ubu ibyishimo ni byose, bagashimira umukuru w’igihugu kuko imvugo ari yo ngiro 

Bimwe mu bikorwa abaturage bishimira ko byatangiye kubakura mu bwigunge babikesha iminara bubakiwe, ku isonga haza guhererekanya amafaranga bakoreshe telefoni zigendanwa, gukoresha murandasi no koroshya imikorere n’imikoranire hagayi y’inzego n’abaturage.

Ally MUHIRWA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #