AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Nyagatare: Abahinzi babangamiwe n’udusimba twangiza imyaka

Yanditswe Nov, 22 2022 16:16 PM | 323,329 Views



Hari abahinzi b'ibihingwa bitandukanye bo mu Murenge wa Karangazi ho mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bangirizwa bikomeye nudusimba turya imyaka yabo bagasaba inzego bireba ko zabafasha kubona umuti watwica kuko tumaze igihe kinini twangiza imyaka yabo.

Ni ikibazo cy’udukoko tuba mu butaka tukarya imbuto y'imyaka y’ubwoko butandukanye ihinzwe mumirima. Mu Karere ka Nyagatare twigaragaza mu Murenge wa Karangazi by’umwihariko mu Kagari ka Nyagashanga no mu tundi tugari duhana imbibi. Abahinzi b'ibihingwa bitandukanye by'umwihariko abagezweho n’ingaruka z'utu dukoko bavuga ko bakwiye gufashwa hakaboneka umuti utwica.

Dr Hategekimana Athanase, Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya indwara n’ibyonnyi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi RAB agaragaza impamvu ituma utu dusimba tubaho tukonera n’abaturage,  ariko akanongeraho ko RAB irimo gukora ubushakashatsi kuri iki kibazo.

Utu dukoko dusa n'iminyorogoto ubusanzwe tuba mu butaka hanyuma abahinzi bakubita isuka hasi tugahita tuzamuka cyangwa tukazamurwa n'ubushyuhe buterwa n'izuba.

Uretse aha mu Karere   ka Nyagatare by'umwihariko, ahandi havugwa ikibazo nkiki ni mu turere twa Gatsibo Bugesera, Nyanza na Ruhango.  


MUNYANEZA Geoffrey 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura