AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Nyuma yo kuva muri Guma mu Rugo muri za gare hagaragaye abaturage benshi

Yanditswe Aug, 02 2021 16:30 PM | 56,126 Views



Kuri uyu wa mbere w’itangira ry’akazi muri Leta n’ibikorwa byo mu bikorera, umunsi wa Kabiri wo gukuraho gahunda ya Guma mu rugo ahahurira abaturage benshi nko muri za gare, hagaragaye urujya n’uruza rw'abaturage ku buryo byateje umubyigano n'imirongo miremire,  bituma habaho kwica amabwiriza yo kwirinda COVID 19.

Uyu mubyigano w’abaturage wagaragaye hirya no hino ku masoko n'imirongo miremire ku mabanki, by'umwihariko muri gare zihuriramo abaturage cyane cyane gare ya Nyabugogo abaturage bari benshi ndetse no kumihanda.

Abaturage bavuga ko byatewe no kubura imodoka, bakaba bari bafite impungenge z’uko isaha yo kuba bageze mu ngo itari bwubahirizwe.

Guma mu rugo itangira mu mujyi wa Kigali, hari bamwe mu baturage bawuvuyemo bajya mu ntara kubera  kwikanga ko imibareho yabo yamererwa nabi.

Kuri uyu wa mbere bagarutse mu mujyi wa Kigali, bavuga ko byabahaye isomo.

Hari na bamwe bari kuva mu mirenge iri muri gahunda ya Guma mu rugo nka Shyorongi, Nyamata, bakaza mu mujyi wa Kigali.

Ubuyobozi bw’urwego ngenzuramikorere, RURA buvuga ko kuri uyu wa mbere imbaraga nyinshi bazishyize mu gutwara abanyeshuri bashoje ibizamini bya leta.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe ingendo muri RURA, Anthony Kulamba yasabye abaturage barimo gutera umubyigano bashaka gutaha kubyihanganira bagasubika ingendo, bagataha kuri uyu wa kabiri kuko n’imodoka zirimogutwara abanyeshuri zizaba zasoje iki gikorwa.

Ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 30 Nyakanga niyo yakuyeho gahunda ya Guma mu rugo mu mujyi wa Kigali n’uturere 8 twari tuyirimo.

Kandi yemeje isubukurwa ry’ingendo zo gutwara abantu mu ngendo zihuza uturere umujyi wa Kigali n’Intara, ariko imodoka igatwara 50% by’ubushobozi. Hafashwe ingamba z’uko abaturage bagomba kuba bageze mu ngo saa kumi n’ebyiri.


Jean Paul Turatsinze




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura