AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

PM Dr Edouard Ngirente mu nama ku mahoro n’umutekano mu karere yabereye i Kinshasa

Yanditswe Feb, 24 2022 17:54 PM | 120,077 Views



Abakuru b’ibihugu bigize inama ku mahoro n’umutekano mu karere k’ibiyaga bigari bahuriye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu nama ya 10 y’urwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yashyiriweho umukono i Addis Abeba muri Ethiopia agamije amahoro, umutekano n’ubufatanye  hagati ya RDC n’akarere.

Muri iyi nama Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirente yari ahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Ni inama yanitabiriwe na Perezida wa komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, n’abayobozi ku rwego rwo hejuru bahagarariye abakuru b’ibihugu bamwe batabashije kuyibonekamo.

Perezida Antoine Felix Tshisekedi wanashyikirijwe inshingano zo kuyobora uru rwego, yagaragaje ko nyuma y’imyaka 9 aya masezerano y’i Addis Abbeba ashyizweho umukono, hari impinduka nyinshi zabaye mu karere, by’umwihariko akaba yagarutse ku ngufu zishyizwe mu kurwanya imitwe ihungabanya umutekano muri ibi bihugu byo mu karere cyane ikorera mu mashyamba y’igihugu cye.

Naho Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Mussa Faki Mahamat, yashimye uburyo ibihugu byo muri aka karere bigenda bikemura ibibazo birimo ibyo kutumvikana mu rwego rwa politiki, ndetse n’amakimbirane ashingiye ku mipaka.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira