AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

PM Dr. Ngirente yagejeje ku nteko gahunda ya leta yo gukora no kwita ku mihanda

Yanditswe Dec, 04 2018 23:27 PM | 25,047 Views



Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente aravuga ko u Rwanda rugiye kubaka imihanda mishya ya kaburimbo ifite uburebure bwa kilometero 394 mu bice bitandukanye by'igihugu. Ibi yabigarutseho ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibikorwa bya Guverinoma mu rwego rwo kubaka no gufata neza imihanda.

Aho imihanda ya kaburimbo n'iy'igitaka itunganyije neza yageze baratangaza ko byinshi byahibdutse, barishimira ko ubuhahirane bwaroshye ndetse na serivisi zirushaho kubera kubegera.

Minisitiri w'intebe Dr Edouard Ngirente avuga ko u Rwanda rwashyize imbaraga mu kongera imihanda kugirango ubuhahirane burusheho gutera imbere.

Nyuma yo kumva ibikorwa bya Guverinoma mu rwego rwo kubaka no gufata neza imihanda, abadepite n'abasenateri bagaragaje ibitekerezo byabo ku byanozwa kurushaho muri uru rwego.

Guverinoma y'u Rwanda igaragaza ko uburebure bw’imihanda yose mu Rwanda ari Km 38.803,4. Imihanda ya leta ni km 2.749, naho imihanda ya kaburimbo muriyo ikaba km 1.379, mugihe iy’igitaka ari km 1.370.

Minisitiri w'intebe yanagaragaje ko imihanda y’uturere n’Umujyi wa Kigali n’ahandi hafatwa nk’imijyi ari km 13.565. Imihanda ya kaburimbo n’iy’amabuye muriyo ni km 232,92. Imihanda y’igitaka ni km 13.332,08 naho imihanda ireshya na km 22.489,4, iya kaburimbo n’amabuye ni km 326 igitaka ikaba km 22.163.4.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura