AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame arakangurira Afrika kongera ibikorwaremezo mu ikorabuhanga

Yanditswe May, 07 2018 22:21 PM | 31,250 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayoboye inama ya Komisiyo y'Umurongo Mugari wa Internet Broadband, hagamijwe Iterambere Rirambye. Umukuru w’igihugu yagaragaje ko nta terambere rishoboka hatabayeho kongera ibikorwaremezo mu ikorabuhanga.

Muri iyi nama Perezida wa Repubulika yashimiye uwo bafatinyije nabo kuyobora iyi komisiyo harimo Carlos Slim, umwe mu baherwe ba mbere ku isi ndetse n'ubungirije, umushinwa Houlin Zhao, akaba n’ umuyobozi w’ikigo mpuzamahanga cy'Itumanaho ITU. Umukuru w’igihugu yagaragaje isano iri hagati y’ ikoranabuhanga n’iterambere rya afurika. Yagize ati, "Iterambere ry’ubukungu bwa afurika, rikeneye ibikorwaremezo by’umuyoboro waguye wa internet ibyo kandi bijyana n’ubushobozi bw’abanyafurika ndetse n’ibiciro bijyanye nabyo, ibi bisobaneye ko hagomba kubaho ibikoresho byifashisha ikorabuhanga mu nzego zitandukanye yaba mu mitangire ya serivisi, uburezi,ubucuruzi cyangwa ubuzima, byose bigomba kwifashisha uyu murongo mugari wa internet."

Perezida Kagame yongeho ko hakenewe ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye ku mugabane wa afurika mu rwego rwo kwagura uyu murongo hagamijwe iterambere ryifuzwa na benshi.

Nyuma y’intego 5 Komisiyo y'Umurongo Mugari wa internet Broadband, hagamijwe Iterambere Rirambye yihaye muri 2011-15 , kuri ubu ifite intego 7 kugeza 2025, harimo gufasha ibihugu byose kuba bifite gahunda ihamamye y'Umurongo Mugari wa internet, kuyigeza kuri 75% yabatuye isi, harimo 65% y’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere, kuba 40% ya serivisi z’imali zigomba kuba zikoresha ikoranabuhanga rigezweho.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura