AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Perezida Kagame asanga ubucuruzi hagati y'ibihugu bya Afurika bwatuma ikibazo cy'ibiribwa gikemuka

Yanditswe Sep, 12 2020 09:32 AM | 89,095 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame asanga kuba umugabane wa Afurika umaze igihe kinini ari isoko ry’ibiribwa biva mu mahanga ya kure bizakemurwa n’isoko rusange kuko Afurika ubwayo ari ikigega cy’ibiribwa. 

Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro cyamuhurije hamwe n’abakuru b’ibihugu na za guverinoma bitabira umuhango wo gusoza inama mpuzamahanga ku buhinzi imaze iminsi ine iteraniye i Kigali.

Ikiganiro cyahuje abakuru b’ibihugu banyuranye, abahoze ari abakuru ba za guverinoma n’abandi banyacyubahiro ni cyo cyashyize akadomo ku nama mpuzamahanga ku buhinzi n’ubworozi ku mugabane wa Afurika, inama izwi nka 'African Green Revolution Forum'.

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Ethiopia akaba n’Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’Ihuriro Nyafurika ku iterambere ry’ubuhinzi AGRA ari na ryo ritegura iyi nama, Hailemariam Desalegn, yashimiye u Rwanda ku bw’umusanzu warwo watumye iyi nama igera ku ntego zayo.

Mu kiganiro cyiswe 'Presidential Summit'cyakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga akaba ari nacyo cyasoje iyi nama, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe Moussa Faki Mahammat yakomoje ku mahirwe umugabane wa Afurika ufite yo kwihaza mu biribwa nyamara abayituye bakaba bakomeje kuyaterera inyoni kuko kugeza ubu uyu mugabane ukoresha miliyari 65 buri mwaka mu guhaha ibiribwa biva ku yindi migabane. 

Ku ruhande rw’Umunyamabanga Mkuru wungirije w’umuryango w’abibumbye Amina Mohammed, avuga ko icyorezo cya COVID19 cyatumye ibintu bisubira irudubi kuko cyaje cyiyongera ku zindi nzitizi zikibangamiye ubuhinzi ku mugabane wa Afurika zirimo n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere.

Nubwo bimeze bityo ariko kuri Perezida Paul Kagame ngo hari amahirwe menshi yafasha Afirika gusohoka muri iryo hurizo yemye by'umwihariko abatuye mu mijyi bugarijwe n’ikibazo cy’ibiribwa bidahagije kurusha abandi bakabibona. 

Yifashishije urugero rw’ibimaze gukorwa ku bufatanye bw’igihugu cye n’u Rwanda, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu witabiriye iki kiganiro nk’umutumirwa w’icyubahiro, yagaragaje igihugu cye nk’umufatanyabikorwa wa Afurika mu iterambere ry’ubuhinzi.

Iyi nama mpuzamahanga ku buhinzi yatangiye ku wa Kabiri w’iki cyumweru, aho yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, abayitaraniyemo bigaga ku buryo bwo gukora ubuhinzi buhaza abatuye imijyi, ari na ko buteza imbere umugabane wa Afurika.

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu