AGEZWEHO

  • Minisitiri Musabyimana yijeje ubuvugizi mu ikorwa ry'umuhanda Bugarama-Bweyeye – Soma inkuru...
  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...

Perezida Kagame avuga ko abaturage benshi ba Afurika bagifite ikibazo cya serivisi za murandasi

Yanditswe Apr, 20 2022 19:22 PM | 70,422 Views



Perezida Paul Kagame asanga kuba abaturage benshi ba Afurika batagerwaho na serivisi z'ikoranabuhanga rya interineti, bigikoma mu nkokora gahunda zigamije kubyaza amahirwe ikoranabuhanga rigezweho. 

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Perezida wa Banki y'Isi, David Malpass ubwo yitabiraga ibiganiro byateguwe n'iyi banki bigaruka ku mpinduramatwara y'ikoranabuhanga rya Digitali kuri uyu wa Gatatu.

Iki kiganiro cyahuje abayobozi batandukanye b'ibigo bikomeye ku isi mu bijyanye n'ikoranabuhanga, ndetse n'abayobozi ba za guverinoma zo hirya no hino ku isi hifashishijwe ikoranabuhanga.

Muri iki kiganiro, Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo abaturage benshi batunze telephone ngendanwa, hakiri ikibazo cyo kuba umubare munini utabona serivisi za murandasi mu Rwanda kimwe no muri Afurika muri rusange. 

Perezida Kagame yerekanye ariko ko mu Rwanda hari ibyashyizwemo imbaraga.

"Mu Rwanda twashoye bifatika mu gusakaza ibikorwa remezo by'umuyoboro mugari wa interineti, twabashije gusakaza uyu muyoboro ku kigero cya 95 mu gihugu hose, urugero urebye urwego rw'ubuzima, henshi hatangirwa izi serivisi bafite serivisi za inderineti."

Kuri Perezida Kagame, avuga ko umuyoboro mugari wa interineti ushoboye kugezwa kuri benshi byakuraho inzitizi n'ubusumbane bukigaragara mu gukoresha ikoranabuhanga, cyane cyane abatuye mu byaro ndetse no mu mijyi aho abenshi batabona serivisi zihuta za interineti.

Ati "Bigenda bishyirwamo imbaraga muri gahunda yo kwishyira hamwe ku rwego rw'akarere cyane cyane mu muryango wa Afurika y'Uburasirazuba, habayeho guhuza ibintu byinshi harimo no kureba uko ibi byagerwaho ku buryo kohererezana amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga byakorwa nk'aho umuntu ari mu gihugu kimwe, Umuryango wa Afurika y'Uburasirazuba umaze kwegerana mu buryo usa nk'igihugu kimwe kinini gihuza ibihugu bitandukanye by'ibinyamuryango, birimo kuganirwaho tunareba uko twagira ifaranga rimwe, bizatuma duhuza ibikorwa na serivisi bikorwe horoshywa urujya n'uruza bityo kwishyurana birusheho koroha."

Perezida Kagame cyakora ashimangira ko ibi bigomba kujyana no kubaka ubwirinzi bukomeye buha umutekano abakoresha ikoranabuhanga kugira ngo rirusheho kwifashishwa byizewe rizamura ubukungu n'imibereho y'abatuye isi muri rusange. 

Abagera kuri miliyari 3 ntibagerwaho na serivisi z’ikoranabuhanga ku isi hose, 96% muri aba ubasanga mu bihugu biri mu nzira y’iterambere.


Paschal Buhura




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu