Yanditswe Dec, 13 2018 15:47 PM | 39,973 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yibukije urubyiruko ko ubuzima bw’igihugu ndetse n’ahazaza hacyo hari mu biganza byabo, bityo bakaba bafite umukoro wo kurangwa n'ibikorwa n’imyifatire bitanga icyizere kidahungabana ku hazaza h’igihugu. Ibi umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa gatatu mu nkera y'Imihigo y'Urubyiruko izwi nka Youth Connekt, yahurije hamwe urubyiruko rusaga 2500.
Mu kiganiro yahaye uru rubyiruko, umukuru w'igihugu Paul Kagame yagaragaje umuco n’uburere bwiza nk’ipfundo ryo kubaka igihugu gifite umwihariko ukiranga mu ruhando mpuzamahanga, asaba urubyiruko kubigiramo uruhare, kuko ari cyo cyerekezo u Rwanda rurimo. Yibukije urubyiruko ko rufite inshingano ziremereye ku gihugu, kuko ubuzima bwacyo buri mu biganza byabo, abasaba gukora mu buryo bwubaka icyizere kidahungabana.
Umukuru
w’igihugu kandi yashimangiye ko umuco n’imyifatire myiza byunganirwa no gukora
kugira ngo abagituye bagire imibereho myiza. Aha yagaragaje ko kuba
rwiyemezamirimo bidaterwa no kubura akazi gatanga umushahara, imyaka y'ubukure
cg igitsina, ahubwo ko bihera mu mitekerereze. Yasobanuye ko rwiyemezamirimo
nyawe arangwa no kuzirikana inyungu rusange mu gihe atekereza cyangwa ategura
umushinga we.
Mu rubyiruko rwitabiriye iyi nkera, harimo 562 bari bamaze icyumweru batozwa mu itorero “urunana rw’urungano” mu mu karere ka Ruhango, harimo 111 baturutse mu mahanga mu bihugu 15.
Umukuru w’igihugu yatanze urubuga ku rubyiruko rumugezaho ibitekerezo ndetse ibibazo byagaragajwe abiha umurongo wo kubikemura. Mu mpamba yahaye uru rubyiruko, Perezida Paul Kagame yagarutse ku bintu 3 by’ingenzi u Rwanda rwahisemo kugenderaho, yibutsa ko n'ubwo u Rwanda rwagize amateka mabi yatumye rumenyekana nabi, ubu rushishikajwe no kubaka amateka mashya aruha isura nshya mu ruhando rw'ibindi bihugu.
Minisiteri
y’urubyiruko ivuga ko guhera muri 2012 kuva inkera y’imihigo yatangira, imaze
gufasha ba rwiyemezamirimo basaga 500 hirya no hino mu gihugu gukora imirimo
ibyara inyungu yatumye bahanga imirimo 8, 349.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
4 hours
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
5 hours
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
5 hours
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru