AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame avuga ko ubushake bw’u Bufaransa butanga icyizere

Yanditswe Apr, 09 2019 07:42 AM | 4,582 Views



Mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa mbere, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagarutse ku mubano w'u Rwanda n’u Bufaransa; avuga ko ubushake buhari butanga ikizere ko n'ibibazo bigihari bizakemuka.


Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko kuba Perezida w'u Bufaransa Emmanuel Macron aherutse gushyiraho itsinda ry’impuguke umunani rigiye gusuzuma inyandiko u Bufaransa bubitse zifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, iyi ari intambwe nziza.

Izi nyandiko ni izo hagati y’umwaka wa 1990 na 1994.

Perezida w’u Rwanda yavuze ko ibi bigaragaza ubushake bw'ubuyobozi buriho kuri ubu mu Bufaransa mu gukemura ikibazo kimaze iminsi kirebana n'uruhare rw'iki gihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Paul Kagame yagize ati:

''Komisiyo Perezida Macron w’u Bufaransa yashyizeho, ni bya bindi by’intambwe igaragara mu buyobozi bw’u Bufaransa mu gukemura icyo kibazo, kuko hari n’ibindi bakora bikemura n’ibindi bibazo bibareba bitareba n’u Rwanda, ariko kubireba u Rwanda icyo ngicyo navuga ko ari intambwe, niba barateye iyo ntambwe ubwo ni uko bayitera kugira ngo n’ibindi bizagende neza, ubwo umuntu yategereza tukareba uko bizagenda. Ngira ngo ariko byavutse biturutse mu buyobozi bushya, mu gihe gishya no mu gihe gikwiriye kuranga imikorere itandukanye n’iyahozeho kera, aho tugeze ibintu bishobora kuba neza kurushaho.''

Prezida w'Ubufaransa Emmanauel Macron yanavuze ko taliki 7 Mata buri mwaka ukwiye kwemezwa nk'umunsi wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, Kuri Gisigaraga ibi ngo bisobanuye byinshi.


Inkuru ya Paul Rutikanga




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura