AGEZWEHO

  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Perezida Kagame avuga ko umubano w’u Rwanda n’u Buhinde uzakomeza gutera imbere

Yanditswe Apr, 13 2021 18:23 PM | 21,251 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko ubutwererane bw’u Rwanda n’u Buhinde bugenda burushaho gutera imbere kandi ko intego ari ukurushaho gushimangira imibanire y’ibihugu byombi.

Ibi Umukuru w’igihugu yabivugiye mu muhango wo gutangiza ibiganiro ngarukamwaka byiswe “Raisina dialogue” bisuzumirwamo ibibazo byugarije isi muri uyu mwaka bikaba byibanze ku cyorezo Covid-19, ibiganiro byanitabiriwe na Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi.

Muri ibi biganiro bitegurwa n’umuryango Observer Research Foundation ku bufatanye na Guverinoma y’u Buhinde, Perezida Kagame yavuze ko ku ba byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga bigaragaza ubukana bwa Covid-19, icyorezo kitibasiye urwego rw’ubuzima gusa,ahubwo ngo cyanashegeshe ubufatanye mpuzamahanga.

Ati “Covid19 ni ikibazo cyugarije isi mu bijyanye n’ubuzima ariko kandi ni icyorezo kibangamiye ubufatanye mpuzamahanga. Kubona inkingo biri kugaragaramo ubusumbane bukabije. Mu bihe nk’ibi, ibintu bibaye bike, imbaraga n’ubukungu ni byo bizagena uko ibintu bizagenda. Ariko u Buhinde usibye kuba bufite ibindi bibazo byabwo, bwakoze inkingo nyinshi zoherejwe muri Afurika binyuze muri gahunda ya Covax n’izindi gahunda.”

Iyo hatabaho ubushobozi bukomeye bw’u Buhinde mu gukora inkingo  ndetse umutima wo gufatanya n’abandi, byari gushoboka ko Afurika iba itarabona inkingo nkizo imaze kubona.  Ibi byerekanye amahirwe ahari akwiye kubyazwa umusaruro, agashorwamo imari mu bufafanye bw’abikorera ku ruhande rw’u Buhinde na Afurika cyane cyane mu bijyanye n’ikorwa ry’imiti.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko umubano w’u Rwanda n’u Buhinde ukomeje gutera imbere mu nzego zinyuranye.

Ati “Umubano hagati y’u Buhinde n’u Rwanda ukomeje kugana aheza kandi intego yacu ni ugushimangira ubwo bufatanye n’umubano. U Rwanda n’u Buhinde bikomeje gukorana ku bijyanye n’iterambere ry’ibikorwa remezo. Intego nyamukuru ni ukuzamura urwego rw’uburezi no kubona akazi ku rubyiruko yaba urw’u  Buhinde n’u Rwanda.”

Yunzemo ati “Ubumenyi, guhanga udushya, n’ubukungu bubungabuka ibidukikije ni byo bizadufasha gukomeza gutera imbere na nyuma y’iki cyorezo. Ibiganiro bya Kigali global Dialogue na byo bitegurwa n’umuryango wa Observer Research Foundation, ni urugero rwiza rw’ubufatanye, kuko ni ibiganiro bizana ibitekerezo bishya ku iterambere rusange kandi bigashimangira uburiganire ku isi.”



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #