AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Madamu batoreye mu Bushinwa aho bari mu butumwa bw'akazi

Yanditswe Sep, 02 2018 21:49 PM | 11,538 Views



Perezida wa Republika y'u Rwanda Paul Kagame na madame we Jeannette Kagame, batoreye mu gihugu cy'u Bushinwa aho bari mu ruzinduko rw'akazi. Ambasaderi w'u Rwanda muri iki gihugu Kayonga Charles avuga ko hari n'abandi bayobozi bo mu Rwanda basaga 30 batoreyeyo kuko bitabiriye inama y'ihuriro ku bufatanye bw'u Bushinwa na Afrika itangira kuri uyu wa mbere i Beijing.

Kuri ambasade y'u Rwanda i Beijing mu Bushinwa, ni ho perezida wa repubulika Paul Kagame na madame we Jeannette Kagame batoreye kuri iki cyumweru. Ni igikorwa bitabiriye ahagana saa tanu z'igitondo ku isaha y'i Beijing ari yo saa kumi n'imwe z'igitondo i Kigali mu Rwanda.

Aha kuri ambasade y'u Rwanda hatoreye kandi n'abandi banyarwanda iki gikorwa cyasanze bari mu Bushinwa n'abasanzwe bahabarizwa biganjemo abanyeshuli.

Ambasaderi w'u Rwanda mu Bushinwa, Charles Kayonga, yavuze ko aho Perezida Paul Kagame na madame we Jeannette Kagame batoreye ari ho abanyarwanda basaga 1200 baba mu Bushinwa, bose bagombaga gutorera.

Perezida wa Republika na madame we, bageze mu Bushinwa kuri uyu wa 5, aho kuri uyu wa mbere bitabira inama y'ihuriro ku bufatanye n'ubuhahirane hagati y'u Bushinwa n'umugabane wa Afrika, FOCAC mu mpine z'icyongereza.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu