AGEZWEHO

  • AMAFOTO: Perezida Kagame yayoboye inama y'Abaminisitiri – Soma inkuru...
  • U Rwanda na Uganda byiyemeje gufatanya mu gukemura ibibazo biterwa na ADF na FDLR – Soma inkuru...

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cy'isi muri Qatar

Yanditswe Nov, 21 2022 16:25 PM | 477,939 Views



Ku Cyumweru tariki ya 20 Ugushyingo, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cy'Isi cya 2022 i Doha muri Qatar.

N'umuhango wabanjirije umukino ufungura iki gikombe wahuje Qatar yakiriye iki gikombe na Ecuador yo muri Amerika y'Epfo, urangira Ecuador itsinze ibitego 2-0.

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye ibi birori barikumwe n'abandi banyacyubahiro barimo na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi Gianni Infantino.

Abasesenguzi muri politiki ndetse na Siporo baragaragaza ko kuba Perezida Kagame yaritabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cy'Isi muri Qatar ari ikimenyetso cy'umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye ndetse n'ubufatanye bwiza n'Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi.

Umuyobozi (Emir) wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani kandi nawe yari aherutse mu Rwanda aho yanitabiriye inama ya CHOGM yabaye muri Kamena uyu mwaka.

Igihugu cya Qatar ni cyo gihugu cya mbere cyo mu Burasirazuba bwo hagati cyakiriye Igikombe cy'Isi mu mateka. Kikaba gifite byinshi gihuriyeho n'u Rwanda cyane ko ibi bihugu byombi ari bito nyamara bifite intumbero yo kugera kuri byinshi.

U Rwanda na Qatar kandi bisanzwe bifitanye umubano mu bijyanye n'ubwikorezi bwo mu kirere aho Kompanyi y'indege ya RwandAir ikorera ingendo muri iki gihugu ndetse na Qatar Airways igakorera ingendo mu Rwanda.




Jean Paul Niyonshuti



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Qatar

Politiki mbi ntikwiye kuba muri siporo - Perezida Kagame

Ibikoresho bya mbere byo kubaka uruganda rw’inkingo byageze mu Rwanda

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bari mu buyobozi

Perezida Kagame yavuze ko Leta iticaye ubusa mu guhangana n'izamuka ry'

U Rwanda na Yorudaniya mu masezerano y'ubufatanye

EAC yasabye ko Abanyekongo bahungiye mu Rwanda na Uganda bacyurwa

Nzakora icyo ari cyo cyose kugira ngo inkuru ya FDLR itazagaruka iwacu ukundi-Pe