AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame n'abandi banyacyubahiro bashyize ibuye ry'ifatizo ahazubakwa uruganda rw'inkingo

Yanditswe Jun, 23 2022 12:17 PM | 102,545 Views



Prezida Paul Kagame yafatanije n'abayobozi batandukanye gutangiza ibikorwa byo kubaka uruganda rukora inkingo, rwitezweho gutuma umugabane wa Afrika ubasha kwihaza ku nkingo ubusanzwe zituruka ku yindi migabane y'isi.

Zimwe mu nkingo zikakorwa n'uru ruganda harimo iza covid 19, malariya, icyorezo cya sida n'igituntu.

Uru ruganda rukora inkingo rugiye kubakwa mu gice cyahariwe inganda i Masoro mu Mujyi wa Kigali, ruzaba rufite ubushobozi bwo gutunganya dose miliyoni 50 ku mwaka z'inkingo zirimo iza Covid 19, malariya, igituntu n'iza virus itera sida. 

Umuyobozi mukuru w'ikigo cy'Abadage BioNtech kigiye kubaka uru ruganda, Prof Sahin Ugur agaragaza ko nubwo isoko rifunguriye imigabane yose y'isi, ari amahirwe ku banyafrika by'umwihariko kuko begerejwe uru ruganda.

Yagize ati "Mu mezi make turaha imirimo abantu hano mu Rwanda kuko abakozi b'ikigo cyacu nabo bazabafasha cyane ko basanzwe bamenyereye iyi mirimo yaba muri technique n'ikoranabuhanga, ku buryo abashya nabo bazabona ubwo bumenyi kugira ngo batange umusanzu mu ruganda."

Gahunda yo kubaka inganda zikora inkingo yafashweho umwanzuro mu mwaka ushize n'ibihugu bya Afurika hagamijwe ko uyu mugabane nawo ubona inkingo ku buryo busaranganijwe mu cyiswe Vaccine Equity for Africa, aho ibihugu by'u Rwanda, Ghana, Senegal na Afrika y'epfo ari byo bizubakwamo izi nganda.

Perezida wa Ghana, Nana Akuffo Ado witabiriye uyu muhango kimwe na minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Senegal, madame Aissata Tall Sall bavuga ko ukwiyemeza n'ubufatanye bwa Afurika ari byo bishobora gutuma uyu mugabane wishakamo ibisubizo.

Uru ruganda nirwo rwa mbere rugiye kubakwa ku mugabane wa Afurika, Chancelier w'u Budage Olaf Schloz yashimiye intambwe umugabane wa Afurika ugenda utera mu nzego zinyuranye cyane cyane mu gushaka ibisubizo by'ibibazo binyuranye birimo n'iby'ubuzima kandi asezeranya ko u Budage buzakomeza gufatanya mu nzira y'iterambere.

"Nyakubahwa Perezida Kagame, wakoze ibishoboka byose worohereza iki gikorwa gitangaye, nawe prof Sahin n'ikigo uyoboye murimo gutanga umusanzu ukomeye mu guteza imbere ubuzima kuko murahanga imirimo, bikazamura ubukungu. Turifuza ko mu gihe cya vuba abana ba Afurika bazaba babona inkingo zikorewe mu Rwanda, Ghana, Afurika y'Epfo na Senegal."

Perezida Kagame wafatanije n'abayobozi banyuranye mu bikorwa byo gutangiza uru ruganda, yashimye abafatanyabikorwa banyuranye by'umwihariko BioNtech yahisemo gushyira uru ruganda mu Rwanda, akaba yijeje ubufatanye n'umusanzu w'u Rwanda mu gutuma iki gikorwa kigenda neza.

"Ibi birori ni umusaruro uturuka ku myanzuro y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe aho mu mwaka ushize hemejwe ko inkingo zisaranganywa ku buryo bungana, ndagushimiye cyane perezida wa komisiyo y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe ku mbaraga mwakoresheje ngo bishoboke. Uru ruganda rwa BioNtech ruri muri gahunda imwe na Senegal na Afurika y'Epfo. Mwese mwarakoze kuko iyi ni intangiriro nziza. Prof Ugur, wizere u Rwanda nk'umufatanyabikorwa nyawe kuko mu myaka myinshi iri imbere tuzagera ku musaruro n'imikoranire iboneye."

Abagize icyo bavuga mu bikorwa byo gutangiza imirimo y'ubwubatsi bw'uruganda rugiye gukorera inkingo mu Rwanda, bashimiye perezida w'u Rwanda Paul Kagame umusanzu n'ubwitange yagize mu gutuma umugabane wa Afurika ubasha gutera intambwe nk'iyi yo kwishakira inkingo zifasha abaturage bawo. 

Biteganijwe ko mu mezi atarenze 18, uru ruganda ruzaba rwangiye gukora inkingo rukazanatanga imirimo yaba ku banyarwanda n'abanyamahanga.

Jean Claude Mutuyeyezu


Reba uko umuhango wo gushyira ibuye ry'ifatizo ahazubakwa uruganda rukora inkingo i Masoro wagenze.

<iframe width="560" height="315" src="https://www.youtube.com/embed/RE3kkV_OpmQ" title="YouTube video player" frameborder="0" allow="accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture" allowfullscreen></iframe>




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama