AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ubufatanye bw’u Rwanda na Gavi Alliance

Yanditswe Jun, 05 2020 08:16 AM | 48,516 Views



Perezida wa Republika Paul Kagame, kuri uyu wa kane yifatanyije n’abayobozi barimo abakuru b’ibihugu n’ab’ibigo bikomeye ku isi, baganiraga ku ngamba zo kubona inkingo zizafasha guhangana n’indwara z’ibyorezo.

Ni igikorwa cyateguwe muri gahunda yo gushakira umuryango witwa Gavi Alliance inkunga isaga miliyari 7 z’amadolari ya Amerika azifashishwa mu gutuma ku isi haboneka inkingo zihagije.

Mu ijambo yagejeje ku bakurikiye itangizwa ry’iyi gahunda, Perezida Kagame yagaragaje ko ubufatanye bw’u Rwanda na GAVI Alliance kuva yashingwa mu myaka 20 ishize, byatumye gukingira bigera kuri 95%, kandi ngo hari akamaro kanini byagize.

Yagize ati “Umusaruro byatanze ni uko impfu z'abana zakomeje kugabanuka. Uyu munsi icyorezo cya Covid-19 cyashyize isi yose mu kaga. Haramutse habonetse urukingo rwizewe ni rwo rwahangamura iki cyorezo. Kugera ku ikingira rusange rihamye bizasaba ko habaho gutekereza ibishya mu buryo budasanzwe mu buhanga bwa siyansi n'ubw'inganda. Ikiri ukuri ni uko ihuriro rya GAVI rifite uruhare rukomeye mu gutuma inkingo zibarirwa mu mamiliyari zizakenerwa mu bihe biri imbere ziboneka mu buryo bungana.”

Umukuru w’Igihugu yanashyigikiye kuba isi itangiye hakiri kare gutekereza ku nkingo zafasha guhangana n’icyorezo cya Covid-19.

Yagize ati “Iki ni cyo gitekerezo kiri inyuma yo gushyigikira hakiri kare ko haboneka inkingo za Covid-19 ari na byo byatangiye uyu munsi. Ubu ni uburyo abafatanyabikorwa bose bungukiramo bwanatanze umusaruro mu gukora inkingo z'umusonga, zafashije gukiza ubuzima bw'ibihumbi amagana by'abantu. Nifatanyije n'abandi bayobozi ba za guverinoma, ab'ibigo bicuruza, abo mu bya siyansi, ab'imiryango y'abagiraneza, mu gusaba ko iyi gahunda yaterwa inkunga mu buryo bwose bushoboka.”

Perezida Kagame yavuze ko gushyikira byimazeyo iyi gahunda bizatuma icyorezo cya Covid-19 kidakomeza gushegesha ibihugu kinaburizamo ingamba zo guhangana n'ibindi byorezo bishobora kwirindwa ariko bikomeje guhitana ubuzima bw'abatari bake.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura