Yanditswe Mar, 14 2023 18:33 PM | 64,561 Views
Perezida
Paul Kagame aratangaza ko umupira w'amaguru ari Siporo y'ingirakamaro mu
mibereho y'Abanyarwanda, bityo ko u Rwanda rutazahwema kuwuteza imbere.
Ibi umukuru w'igihugu yabigarutseho ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, ubwo yahabwaga igihembo cyitwa CAF President's Outstanding Achievement Award.
Ni igihembo cyo gushimira Perezida Paul Kagame umuhate we mu iterambere ry'umupira w'amaguru muri Afurika.
Mbere yo gushyikiriza iki gihembo Perezida Kagame, Dr. Patrice Motsepe uyobora impuzamashyirahamwe y'umupura w'amaguru muri Afurika, CAF yagaragaje Perezida Kagame nk'umuyobozi witangira uyu mukino ari nayo mpamvu CAF yamugeneye iki gihembo.
Nyuma yo gushyikirizwa iki gihembo na Perezida wa CAF wari kumwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida Paul Kagame yavuze ko ku ruhande rumwe yatunguwe n'iki gihembo ariko kandi ngo yacyakiranye yombi.
Undi washimiye Perezida Paul Kagame muri ibi birori, ni Perezida w'impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku Isi Gianni Infantino.
Perezida Paul Kagame yagaragaje umupira w'amaguru nk'umukino ukunzwe kurusha indi.
Yavuze ko no mu mateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo, umupira wakomeje guhuza Abanyarwanda ashimangira ubushake bw'u Rwanda bwo kuwuteza imbere ukagera ku rwego rwo hejuru.
Uretse Perezida Paul Kagame, Umwami Mohammed VI wa Maroc nawe yahawe iki gihembo.
Divin Uwayo
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru