AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yahaye umukoro CAF wo kuzamura urwego umupira w’amaguru uriho

Yanditswe May, 15 2021 18:24 PM | 30,719 Views



Perezida wa Repubulika  Paul Kagame yahaye umukoro ubuyobozi bushya bw’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika,CAF, wo kugeza uyu mukino ku rwego rwo hejuru kuko ari na bwo uzazana impinduka nziza mu mibereho y’Abanyafurika ikarushaho kuba myiza.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu mu nama ya Komite Nyobozi ya CAF yaberaga i Kigali.

Ni inama ikomeye ndetse isa n’iya mbere ihuje imbonankubone abagize komite nyobozi nshya ya CAF irangajwe imbere na Dr. Patrice Motsepe, umunyemari ukomoka mu gihugu cya Afurika y’Epfo uherutse gutorerwa gusimbura Umunya Madagascar Ahmad Ahmad ku mwanya wa Perezida w’iyi mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika.

Mu kiganiro yagiranye n’abitabiriye iyi nama, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko uyu ari umwanya mwiza wo kwibaza impamvu Afurika ihora inyuma muri siporo by’umwihariko umupira w’amaguru kandi Abanyafurika batabuze impano.

Yagize ati “Nshimishijwe no kubona aya mahirwe muri iki gihe cy’impinduka n’abayobozi bashya, ibitekerezo bishya, abato n’abakuru bose mu by’ukuri bakomeje kubaza iki kibazo no kugerageza kugisubiza, kuko iyo bigeze kuri Afurika, Afurika, Afurika... Afurika iri inyuma muri byinshi kandi benshi muri mwe mubishoboye cyangwa mukwiye kuba mushoboye.. ariko kuki iteka duhora inyuma mu bintu byose harimo n’umupira w’amaguru cyangwa indi mikino? Dufite impano ndetse zishobora kuba ziruta iz’abandi ku Isi ariko kuki twitwara neza iyo tugeze ahandi hano tukitwara nabi?”

Perezida w’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, Gianni Infantino aha yagaragarije Perezida Kagame ko akurikije aho u Rwanda rugeze n’aho ruvuye mu myaka 27 ishize, Afurika na yo ishobora kwandika amateka mashya mu mupira w’amaguru.

Ati “Amateka yawe bwite Nyakubahwa Perezida, amateka y’iki gihugu, uburyo iki gihugu cyahindutse intangarugero bitari kuri Afurika y’Iburasirazuba cyangwa Afurika gusa, ahubwo ku Isi yose, biratwereka ko ntakidashoboka, ibintu byose birashoboka! Igikenewe ni ubushake bwo kubikora hanyuma nyine tukabikora koko. Kandi ibi ni byo Nyakubahwa Perezida Kagame mwakoze hano, ni byo mukora no muri Afurika, kandi ni byo nahoze mbwira aba bavandimwe bari hano ko ibyo ari byo dukwiye gukora dufatanyije tukabikorera Afurika n’umupira w’amaguru kuri uyu mugabane.”

Ibi kandi byashimangiwe na Perezida wa CAF Dr. Patrice Motsepe wagaragaje Perezida Paul Kagame nk’umufatanyabikorwa w’imena mu iterambere rya siporo n’umupira w’amaguru by’umwihariko kuri uyu mugabane.

Yagize ati “Nterwa ishema n’imyaka myinshi maze nkubona uhagarariye Afurika, utuvugira ndetse wubaka ubufatanye n’ibindi bice by’Isi. Uburyo witangira siporo n’umupira w’amaguru by’umwihariko ni isomo rikomeye kuri twese. Ntabwo muri wowe dufite ambasaderi gusa ahubwo twabonye umufatanyabikorwa utuvuganira mu ruhando rw’abandi bakuru b’ibihugu muri Afurika, uti tugomba gufatanya tugashyigikira umupira w’amaguru, umukino ukunzwe na benshi kurusha indi.”

Muri iyi nama kandi uwigeze kuba umutoza w’ikipe ya Arsenal Arsène Wenger usigaye ashinzwe iterambere rya ruhago muri FIFA, yagaragaje uburyo umupira w’amaguru watezwa imbere kandi ukaba imbarutso y’iterambere.

Aha ni na ho Perezida Paul Kagame yahereye maze aha umukoro ubuyobozi bushya bwa CAF niba bwifuza guhindura ibintu.

“Ese dushobora guhindura imitekerereze yacu? Ibi ni byo mpora mbwira abaturage hano mu Rwanda no mu nzego nshinzwe nta munsi n’umwe ntabwiye abagabo n’abagore dusangiye igihugu ko icya mbere dukeneye ari ukwigira tukamenya ko hari ibintu dushoboye kwikorera twebwe ubwacu tugatera imbere. Hari n’ibindi tudashoboye kubera ko wenda aka kanya tudafite amikoro ahagije ariko ntibivuze ko ejo tutazayabona cyangwa ngo tugire ubwo bushobozi! Ariko uko byamera kose imitekerereze igomba guhinduka! Twese uko turi hano icya mbere dukwiye gutekereza ni ugukora ibintu mu buryo butandukanye, tukazirikana intego dufite, intego iturenze ubwacu ikagera ku bakunda umupira w’amaguru cyangwa n’abatawukundaga tukawubakundisha ariko tukazirikana ko umupira w’amaguru ari ingirakamaro muri politiki y’iterambere ryacu, iterambere ry’umugabane wacu.”

Mu ngingo zasuzumirwaga muri iyi nama ya Komite nyobozi ya CAF yari iteraniye i Kigali kuva kuru uyu wa Gatanu harimo umushinga wa miliyari y’amadorali wo kubaka ibikorwa remezo by’umupira w’amaguru kuri uyu mugabane, gahunda yo gutangiza amarushanwa nyafurika mu mashuri yisumbuye, kongerera ubushobozi abasifuzi, ingengabihe y’amarushanwa nyafurika yo guhera umwaka utaha kugeza muri 2024 n’ibindi.'



Divin UWAYO 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira