AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres na Portia de Rossi

Yanditswe Jun, 08 2022 13:11 PM | 73,144 Views



Uyu munsi, Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres na Portia de Rossi ndetse n'itsinda bari kumwe, aho ku wa Kabiri bitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro ikigo kiswe Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla Fund.

Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla Fund ni ikigo kigizwe n’igice kigaragaza amateka y'umushakashatsi w’umunyamerika uzwi nka Dian Fossey wari warahawe izina rya Nyiramacibiri wari uzwiho gukunda ingagi cyane, ishuri rizajya ryigisha ibijyanye no kubungabunga ibidukikije n'urundi rusobe rw'ibinyabuzima harimo igice cya laboratwari zitandukanye n’amacumbi y'abanyeshuri.

Mu muhango wo gutaha iki kigo wabereye mu Kinigi ku wa Kabiri, Minisitiri w'Intebe,Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye byimazeyo Ellen DeGeneres n'abo bafatanyije mu kubaka iki kigo, avuga ko ari umusanzu ukomeye ku gihugu cyahisemo guteza imbere urusobe rw'ibinyabuzima.

Tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka ni bwo Ikigo cy'ubushakashatsi ku rusobe rw'ibinyabuzima The Ellen DeGeneres Campus of the Diana Fossey Gorilla Fund cyatangiye kwakira abagisura ku mugaragaro. 

Ni mu gihe imirimo yo kucyubaka yo yatangiye muri Mutarama 2019, Cyuzuye gitwaye asaga miliyari 14 z'amafaranga y'u Rwanda, amenshi kandi yinjiye mu mifuka y’Abanyarwanda bahawemo akazi, abandi bagurirwa ibikoresho binyuranye by’ubwubatsi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira