Yanditswe Jun, 08 2022 13:11 PM | 73,144 Views
Uyu munsi, Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres na
Portia de Rossi ndetse n'itsinda bari kumwe, aho ku wa Kabiri bitabiriye
umuhango wo gutaha ku mugaragaro ikigo kiswe Ellen DeGeneres Campus of the Dian
Fossey Gorilla Fund.
Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla Fund ni ikigo kigizwe n’igice kigaragaza amateka y'umushakashatsi w’umunyamerika uzwi nka Dian Fossey wari warahawe izina rya Nyiramacibiri wari uzwiho gukunda ingagi cyane, ishuri rizajya ryigisha ibijyanye no kubungabunga ibidukikije n'urundi rusobe rw'ibinyabuzima harimo igice cya laboratwari zitandukanye n’amacumbi y'abanyeshuri.
Mu muhango wo gutaha iki kigo wabereye mu Kinigi ku wa Kabiri, Minisitiri w'Intebe,Minisitiri w'Intebe, Dr Ngirente Edouard yashimiye byimazeyo Ellen DeGeneres n'abo bafatanyije mu kubaka iki kigo, avuga ko ari umusanzu ukomeye ku gihugu cyahisemo guteza imbere urusobe rw'ibinyabuzima.
Tariki ya 1 Gashyantare uyu mwaka ni bwo Ikigo cy'ubushakashatsi ku rusobe rw'ibinyabuzima The Ellen DeGeneres Campus of the Diana Fossey Gorilla Fund cyatangiye kwakira abagisura ku mugaragaro.
Ni mu gihe imirimo yo kucyubaka yo yatangiye muri Mutarama 2019, Cyuzuye gitwaye asaga miliyari 14 z'amafaranga y'u Rwanda, amenshi kandi yinjiye mu mifuka y’Abanyarwanda bahawemo akazi, abandi bagurirwa ibikoresho binyuranye by’ubwubatsi.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru