AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bugereki

Yanditswe Nov, 05 2021 14:37 PM | 69,953 Views



Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bugereki Nikos Dendias watangiye uruzinduko mu Rwanda n'itsinda ayoboye.

Ibiganiro byabo byibanze mu kurushaho kunoza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, ibibazo by’Akarere no hagati ya Afurika n'Umuryango w'Ubumwe bw'Uburayi.

Uyu muyobozi akigera mu Rwanda yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku gisozi yunamira inzirakarengane zihashyinguye.

Nyuma we na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Dr Vincent Biruta bagiranye ibiganiro, hanashyirwa umukono ku masezerano y’ubufatanye n’imikoranire hagati y'ibihugu byombi. 

Minisitiri Biruta yavuze ko aya masezerano yibanze cyane ku mikoranire mu bya politike, harimo kongerera ubumenyi abakora mu nzego zifitanye isano na dipolomasi y’ u Rwanda na za ambasade yarwo hirya no hino ku Isi. 

Abazanye na Minisitiri w’Ububugeriki bagaragarijwe amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda, bavuga ko biteguye gukorana n’ u Rwanda mu ishoramari cyane cyane mu iterambere ry’ubukerarugendo n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka n'ibindi.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize