AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye ba ambasaderi bashya b’u Bushinwa na Malawi

Yanditswe Aug, 09 2022 15:18 PM | 81,999 Views



Ibihugu by'u Bushinwa na Malawi byiyemeje kurushaho guteza imbere imibanire myiza isanzwe hagati yabyo n'u Rwanda.

Ni nyuma yaho Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye ba ambasaderi bashya b'ibyo bihugu byombi bamugejejeho impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.

Ambasaderi mushya w'igihugu cy'u Bushinwa mu Rwanda Wang Xuekun avuga ko umubano mwiza usanzwe hagati y'ibihugu byombi ndetse n'ubushuti bwa Perezida Xi Jinping w'u Bushinwa na mugenzi we w'u Rwanda Paul Kagame ari umusingi ukomeye azubakiraho mu nshingano ze.

Ambasaderi mushya wa Malawi Andrew Zumbe Kumwenda we avuga ko ikimushishikaje ari dipolomasi ishingiye ku bukungu n'ubucuruzi kuko ari na bwo butumwa nyamukuru yahawe na Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera ubwo yamuhaga inshingano.

Avuga kandi ko Malawi yifuza kugera ku ntambwe u Rwanda rumaze gutera mu nzego zinyuranye z'iterambere ry'igihugu bityo ko no mu bimuzanye harimo kwiga neza ibyo u Rwanda rukora neza kugirango na Malawi ibikore.

Ambasaderi Andrew Kumbe Kumwenda agaragaza ko Malawi ari igihugu cyifuza kwigira ku miyoborere ya Perezida Paul Kagame dore ko ngo kubera icyubahiro Abanyamalawi bamuha banamwitiriye umwe mu mihanda yo muri icyo gihugu.

Ambasaderi wa Malawi afite icyicaro i Dar Es Salaam muri Tanzania mu gihe ambasaderi w'u Bushinwa we afite icyicaro i Kigali.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira