Yanditswe Jul, 07 2017 13:07 PM | 4,874 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya baherutse gushyirwa mu myanya. Barimo Yankurije Odette wagizwe umuvunyi wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane. Uyu yari asanzwe ari umuyobozi mukuru muri minisiteri y’ubutabera ushinzwe kwegereza abaturage ubutabera. Umukuru w'igihugu kandi yakiriye indahiro ya Depite Niyitegeka Winifrida wasimbuye Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana mu kwezi gushize kwa Gatandatu.
Nyuma yo kwakira izi ndahiro Perezida Kagame yashimiye abitabiriye uwo muhango, avuga ko yizera ko imirimo bashinzwe mishya izakorwa nkuko bikwiye ku bayobozi bashya, kandi bagashyiraho uburyo bw’imikoranire n'abandi basanze, bagakorera abanyarwanda uko bikwiye:
"Ndizera ko abayobozi bashya bazakora imirimo bashinzwe uko bikwiye. Abayobozi barahiye n'abasanzwe tugomba gukomeza gufatanya kugira ngo dukorere abanyarwanda umurimo ukwiye. Dukomeze uburyo bw'imikorere n'imikoranire ikwiye kugira ngo tugeze igihugu cyacu aho twifuza." Perezida Kagame
Umukuru w’igihugu yavuze ko muri uyu mwaka u Rwanda rwitegura amatora, ko bigomba gukorwa n’abantu batavunitse ahubwo abantu bose bakuzuza izo nshingano zo kujya mu gikorwa cy’amatora,ibyo kandi bizatanga umwanya wo kujya mu Mirenge igize igihugu, abayobozi bakareba uko hameze.
Icya mbere ngo n’inshingano zo kuzuza bijyanye no kwegera abaturage ku gikorwa cy’amatora kugira ngo bigende neza, icya kabiri, kikaba ari u kwegera abaturage, ibi ngo bikazafasha kugera kuri buri munyarwanda bigafasha kwiga neza ingamba zikomeza kubaka ubukungu n’imibereho n’umutekano by’abanyarwanda uko tubyifuza, bityo u Rwanda rugatera imbere. Byose bigakorwa ntawe usigaye inyuma.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru