AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye indahiro z'abayobozi bashya mu nzego nkuru z'igihugu

Yanditswe Jul, 07 2017 13:07 PM | 4,874 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya baherutse gushyirwa mu myanya. Barimo Yankurije Odette wagizwe umuvunyi wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya akarengane. Uyu yari asanzwe ari umuyobozi mukuru muri minisiteri y’ubutabera ushinzwe kwegereza abaturage ubutabera. Umukuru w'igihugu kandi yakiriye indahiro ya Depite Niyitegeka Winifrida wasimbuye Depite Mukayisenga Françoise witabye Imana mu kwezi gushize kwa Gatandatu.



Nyuma yo kwakira izi ndahiro Perezida Kagame yashimiye abitabiriye uwo muhango, avuga ko yizera ko imirimo bashinzwe mishya izakorwa nkuko bikwiye ku bayobozi bashya, kandi bagashyiraho uburyo bw’imikoranire n'abandi basanze, bagakorera abanyarwanda uko bikwiye:

"Ndizera ko abayobozi bashya bazakora imirimo bashinzwe uko bikwiye. Abayobozi barahiye n'abasanzwe tugomba gukomeza gufatanya kugira ngo dukorere abanyarwanda umurimo ukwiye. Dukomeze uburyo bw'imikorere n'imikoranire ikwiye kugira ngo tugeze igihugu cyacu aho twifuza." Perezida Kagame

Umukuru w’igihugu yavuze ko muri uyu mwaka u Rwanda rwitegura amatora, ko bigomba gukorwa n’abantu batavunitse ahubwo abantu bose bakuzuza izo nshingano zo kujya mu gikorwa cy’amatora,ibyo kandi bizatanga umwanya wo kujya mu Mirenge igize igihugu, abayobozi bakareba uko hameze.

Icya mbere ngo n’inshingano zo kuzuza bijyanye no kwegera abaturage ku gikorwa cy’amatora kugira ngo  bigende neza, icya kabiri, kikaba ari u kwegera abaturage, ibi ngo bikazafasha kugera kuri buri munyarwanda bigafasha kwiga neza ingamba zikomeza kubaka ubukungu n’imibereho n’umutekano by’abanyarwanda uko tubyifuza, bityo u Rwanda rugatera imbere. Byose bigakorwa ntawe usigaye inyuma.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize