AGEZWEHO

  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye ku meza abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda

Yanditswe Jan, 16 2018 22:18 PM | 8,992 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rushyize mu gihe ruyoboye umuryango w' Ubumwe bwa Afrika rushyira imbaraga mu kwishyira hamwe kw' ibuhugu bigize uyu mugabane.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri ubwo yakiraga Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ndetse n'imiryango mpuzamahanga. Perezida Kagame yabahaye ikaze mu Rwanda cyane cyane abahagarariye ibihugu byabo bari bitabiriye uyu muhango ku nshuro ya mbere anagaragaza ko umwaka ushize wabaye mwiza ku gihugu.

Uwavuze mu izina ry'abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda John Mwangemi uturuka muri Kenya yabanje gushimira Perezida Kagame watsinze amatora y'umukuru w'igihugu ndetse n'uburyo abanyarwanda bayitwayemo neza anizeza ko bazakomeza gukoreana neza n'u Rwanda.

Perezida wa Repubulika yanakomoje ku kibazo cy'abimukira bari muri Libya avuga ko u Rwanda rwiteguye kwakira ababishaka bose, ari abashaka kuza, ndetse n'abifuza kuhanyura mbere yo gusubira mu bihugu byabo.

Yongeyeho u Rwanda rutazahwema gukorana n'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta zitandukanye, n'imiryango mpuzamahanga mu gushakira umuti iki kibazo.

Inkuru irambuye mu mashusho




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #