AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa FIFA

Yanditswe Feb, 27 2017 11:22 AM | 4,048 Views



Perezida Kagame ejo ku cyumweru yakiriye Gianni Infantino umuyobozi w’ ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, amusezeranya ubufatanye mu byatuma uyu mukino ukomeza gutera imbere. Aba bayobozi bombi bakaba barahuriye i Gabiro mu Ntara y’Uburasirazuba mu Karere ka Gatsibo ahari kubera umwiherero w’abayobozi bakuru b’u Rwanda ku nshuro ya 14, mbere gato y’uko Perezida wa FIFA asura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi.


Umuvugizi wa Ferwafa, Ruboneza Prosper, aganira n’itangazamakuru yavuze ko perezida Kagame na perezida wa FIFA bombi baganiriye ku bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda by’umwihariko Infantino yamushimiye umusanzu we mu guteza imbere ruhago.

Aha yagarutse ku marushanwa Perezida Kagame asanzwe atera inkunga arimo nk’iry’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, CECAFA.

Perezida Kagame yamwijeje ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa byose by’umupira w’amaguru FIFA yashaka ko bibera mu rw’imisozi igihumbi. Yanamusezeranyije kandi ko leta y’u Rwanda izakomeza gushyigikira igikorwa cyari cyamuzanye mu Rwanda cyo kubaka hotel ya Ferwafa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama