Yanditswe Feb, 27 2017 11:22 AM | 4,048 Views
Perezida Kagame ejo ku cyumweru yakiriye Gianni Infantino umuyobozi w’ ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA, amusezeranya ubufatanye mu byatuma uyu mukino ukomeza gutera imbere. Aba bayobozi bombi bakaba barahuriye i Gabiro mu Ntara y’Uburasirazuba mu Karere ka Gatsibo ahari kubera umwiherero w’abayobozi bakuru b’u Rwanda ku nshuro ya 14, mbere gato y’uko Perezida wa FIFA asura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi.
Umuvugizi wa Ferwafa, Ruboneza Prosper, aganira n’itangazamakuru yavuze ko perezida Kagame na perezida wa FIFA bombi baganiriye ku bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda by’umwihariko Infantino yamushimiye umusanzu we mu guteza imbere ruhago.
Aha yagarutse ku marushanwa Perezida Kagame asanzwe atera inkunga arimo nk’iry’amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, CECAFA.
Perezida Kagame yamwijeje ko u Rwanda rwiteguye kwakira ibikorwa byose by’umupira w’amaguru FIFA yashaka ko bibera mu rw’imisozi igihumbi. Yanamusezeranyije kandi ko leta y’u Rwanda izakomeza gushyigikira igikorwa cyari cyamuzanye mu Rwanda cyo kubaka hotel ya Ferwafa.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
4 hours
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
5 hours
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
5 hours
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru