Yanditswe Aug, 26 2022 18:01 PM | 106,739 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga abayobozi badaterwa isoni no kutuzuza inshingano zabo akabasaba guhindura imyumvire n’imikorere kuko bitabaye ibyo kugeza igihugu ku cyerekezo cy’iterambere gifite byaba ari nk’inzozi.
Umukuru w’igihugu yabigarutseho mu ijoro ryakeye mu biganiro yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi 4 agirira mu ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo, ibiganiro byabereye muri Kaminuza y’u Rwanda campus ya Huye.
Ikibazo cy’uruganda rwa Kinazi rutunganya ifu y’imyumbati rumaze imyaka 10 rutunganya ifu nkeya ugereranyije n’ubushobozi bwarwo ni kimwe mu byafashe umwanya munini muri ibi biganiro.
Aha Umukuru w’Igihugu yagaragaje ibyo biri mu bituma abahinzi b’imyumbati batongera umusaruro icyakora Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome yizeza ko kigiye kuvugutirwa umuti mu maguru mashya.
Ikindi kibazo Umukuru w’Igihugu yagarutseho ni icya laboratwari y’ubuvuzi ya Kaminuza y’u Rwanda iri ahitwa i Mamba mu Karere ka Huye yubatswe mu myaka 9 ishize ariko ikaba idakoreshwa icyo yubakiwe.
Iki kibazo kimwe n’icy’uruganda rwa Kinazi Umukuru w’igihugu yagaragaje ko byombi bifitanye isano n’imitekerereze idahwitse ituma n’imikorere iba mibi avuga ko bitumvikana uburyo abayobozi badaterwa ikimwaro no kutuzuza inshingano zabo.
Muri rusange abitabiriye ibi biganiro byamaze amasaha ane bijeje Umukuru w’Igihugu impinduka ndetse banamugezaho ibibazo n’ibyifuzo binyuranye biganisha ku iterambere ry’intara y’Amajyepfo n’igihugu muri rusange.
Intara y’Amajyepfo ituwe n’abaturage basaga miliyoni ebyiri batuye mu turere 8 natwo tugizwe n’imirenge 101.
Divin UWAYO
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
3 hours
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru