Yanditswe Jan, 11 2018 14:53 PM | 5,391 Views
Perezida
wa Republika Paul Kagame yaraye yakiriye mu biro bye Benjamin Mkapa, umwe mu
bayobozi b’inama y’ubutegetsi y’ikigo nyafrika kibungabunga
inyamaswa zo mu gasozi (Africa Wildlife Foundation).
Nk’uko byagaragaye kuri konte ya Twitter y’ibiro by’umukuru w’igihugu-Village Urugwiro, Benjamin Mkapa yari kumwe na Kaddu Sebunya, perezida w’iki kigo nyafrika kibungabunga inyamaswa zo mu gasozi. Hari kandi n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugucy’Iterambere RDB Clare Akamanzi.
Aba bayobozi bose uko ari batatu bari bavuye mu gikorwa cyo gushyikiriza u Rwanda ubutaka bwo kwaguriraho Pariki y’Ibirunga, izwiho kuba icumbi ry’ingagi zo mu misozi miremire.
Iki gikorwa kikaba cyarabeye mu Kinigi, mu karere ka Musanze.
AMAJYEPFO: Bahangayikishijwe n'indwara y'ubuganga yibasiye inka
Apr 06, 2022
Soma inkuru
Intara y'Amajyepfo ku isonga mu kurwanya igwingira mu bana
Jan 04, 2022
Soma inkuru