AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda guhugukira gukoresha Ikinyarwanda kinoze

Yanditswe Aug, 08 2019 16:19 PM | 15,990 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko itorero ari umwanya mwiza wo kwibutsa Abanyarwanda gukomera ku ngeri z’umuco n’imyumvire yo guhanga ibikorerwa imbere mu Gihugu. 

Ibi Umukuru w'Igihugu yabivuze ubwo yasozaga Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 12 kitabiriwe n’urubyiruko rusaga 600.

Gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda, ni urugero rumwe rw’inkingi z’umuco nyarwanda zugarijwe no gutakaza umwimerere bitagaruriwe mu maguru mashya.  Iki ni kimwe mu byo umukuru w’igihugu Paul Kagame yatumye abasoje Itorero Indangamirwa gufasha gukosora.

Mu minsi 45, izi ntore z’indangamirwa zahuguwe muri byinshi birimo amateka y’Igihugu, indangagaciro z’umuco nyarwanda ndetse no gusigasira iterambere u Rwanda rugezeho.

Ibi abasoje iri torero bihaye umukoro wo kubishyira mu bikorwa bakanabikangurira abandi banyarwanda.

Mu muhango ubereye ijisho, imyiyereko njyarugamba n’akarasisi byashimangiye ko intore z’indangamirwa zidasobanya bikaba bigomba no kuziranga mu mikorere ya buri munsi.

Ababyeyi babo bababonye mu mpuzankano ya gisirikare, bavuga ko babitezeho impinduka muri byinshi kuko bizeye ko bakuze mu mitekerereze.

Perezida wa Komisiyo y’Itorero ry’Igihugu Edouard Bamporiki ashimangira ko itorero ari imwe mu nkingi u Rwanda rwubakiyeho itagomba kugira ikiyihungabanya.

Perezida wa Republika kandi agaragaza ko gusigasira umuco nyarwanda bikajyana n’indangagaciro yo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu, byakigeza ku iterambere rirambye.

Intore zisoje itorero indangamirwa ikiciro cya 12, ni 698. Abagore ni 241, naho abagabo ni 457. Kuva iri torero ryatangira mu mwaka wa 2008, rimaze gutoza 3169.

https://soundcloud.com/radiorwanda/ijambo-rya-perezida-kagame-yasoje-itorero-indangamirwa-xii


Eugene UWIMANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize