Yanditswe Nov, 04 2022 16:54 PM | 100,560 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda aributsa ko inshingano ya mbere abashinzwe umutekano w’u Rwanda bafite ari ukurinda igihugu n’abagituye, ibindi birimo nk’intambara bigakorwa mu gihe byabaye ngombwa gusa.
Ibi bikubiye mu butumwa, Umukuru w’igihugu yatanze ubwo yasozaga amasomo y’Abofisiye 515 barimo abakobwa 53 bahawe ipeti rya Sous – Lieutenant mu Ngabo z’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda yabanje kunyura mu basore n’inkumi basoje imyitozo ihambaye n’amasomo maze areba uko batyarijwe kuzarinda u Rwanda.
Ku karasisi batanyuranya bongeye kuzamura amarangamutima y’ababyeyi, abavandimwe n’inshuti bari bakoraniye mu mbuga ngari iherereye mu ishuri rikuru rya Gisirake rya Gako.
Maze ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga, Perezida wa Repubulika Paul Kagame abaha ipeti rya Sous-Lieutenant.
Ryakurikiwe no kurahirira inshingano nshya binjiyemo, aha ni ho abagera kuri 24 bigiye hanze y’u Rwanda mu bihugu 7 birimo u Bwongereza, Leta zunze Ubumwe za Amerika, u Burusiya, Kenya, Qatar, u Butaliyani, Sri Lanka basanze bagenzi babo maze bose bararahira.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yashimiye aba basoje amasomo anabibutsa insingano y’ibanze bafite nk’ingabo z’u Rwanda.
Umukuru w’igihugu kandi yasabye aba basoje amasomo ko ibyo bazakora byose bakwiye kuzarangwa na discipline (ikinyabupfura) bitabaye ibyo ngo ngo uru rugendo bashoje rwaba ari impfabusa.
Abasoje amasomo muri rusange ni 568 barimo abasore 515 n’abakobwa 53.
Muri bo 475 basoje amasomo y’umwaka 1 na 93 basoje amasomo y’imyaka 4.
Muri aba kandi 58 barangije mu ishami ry’imibanire y'abantu (Social Sciences), 20 mu ishami ry' ubuvuzi rusange, barimo kandi 15 barangije mu ishami ry’ikoranabuhanga (Mechanical Engineering).
Paul RUTIKANGA
Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti
Dec 09, 2023
Soma inkuru
Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite
Dec 09, 2023
Soma inkuru
USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije guteza imbere serivisi ...
Dec 08, 2023
Soma inkuru
Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya ruswa
Dec 08, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirwe yabashyiriweho
Dec 08, 2023
Soma inkuru
Uturere umunani twabonye abayobozi bashya
Dec 07, 2023
Soma inkuru
Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene
Dec 06, 2023
Soma inkuru
Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama
Dec 06, 2023
Soma inkuru