AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yategetse ko ibendera ry'Igihugu n'irya EAC yurutswa akagezwa hagati hunamirwa Benjamin Mkapa

Yanditswe Jul, 25 2020 13:08 PM | 47,266 Views



Perezida wa Repubulika yategetse ko ibendera ry'u Rwanda n'iry'Umuryango w'Ibihugu bya Afurika y'Iburasirazuba yururutswa akagezwa hagati mu rwego rwo kunamira Benjamin Willim Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania.

Itangazo ry'Ibiro bya Minisitiri w'Intebe ryo kuri uyu wa Gatandatu riragira riti "Mu rwego rwo kwifatanya n'Igihugu cy'abavandimwe cya Tanzaniya mu bihe by'akababaro byo kubura uwahoze ari Umukuru w'Igihugu wa gatatu w'icyo Gihugu, Nyakubahwa Benjamin William MKAPA; 

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul KAGAME, ategetse ko ibendera ry'u Rwanda n'iry'Umuryango w'Ibihugu by'Iburasirazuba (EAC) yururutswa kugeza hagati, mu gibe cy'iminsi itatu, guhera ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2020 kugeza ku wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020, mu rwego rwo kunamira Nyakubahwa Benjamin William MKAPA. 

Dukomeje kwihanganisha abavandimwe, inshuti, umuryango wa Nyakwigendera ndetse n'Igihugu cya Tanzaniya muri rusange muri ibi bihe by'akababaro."

Perezida Benjamin William Mkapa yitabye imana ku wa Kane w'iki cyumweru afite imyaka 81, yayoboye Tanzania kuva mu 1995 kugera mu 2005, asimburwa na Jakaya Mrisho Kikwete.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira