AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudacuruza abantu

Yanditswe Apr, 21 2022 17:44 PM | 66,238 Views



Perezida Paul Kagame avuga ko ubufatanye bw’u Rwanda n’u Bwongereza bugamije gushakira umuti ikibazo cy’abimukira no kubahesha agaciro, agashimangira ko ibi  bitagamije inyungu z’amafaranga nk'uko bamwe mu banenga ubu bafatanye babivuga.

Hashize icyumweru kimwe u Rwanda n’u Bwongereza bisinye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka ndetse n’iterambere ry’ubukungu.

Iyi gahunda y’imyaka 5 iteganya ko igihugu cy’imisozi igihumbi kizakira abimukira ibihumbi babaga mu Bwongereza mu buryo budakurikije amategeko.

Mbere hato yo gusinya amasezerano ndetse na nyuma y'aho havutse impaka ziyashingiyeho, bamwe banenga uyu mugambi abandi bawugaragaza nk’uburyo bwiza bwo guhesha agaciro ikiremwa muntu ndetse n’igitego ku Rwanda mu bijyanye no gutanga umusanzu ku bibazo byugarije isi.

Mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Kane muri Kaminuza ya Brown University yifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga, Perezida Paul Kagame yabanje kugaragaza amateka y’uburyo u Rwanda rwinjiye muri gahunda yo guhanga n’ibibazo by’abimukira. 

Ni ikiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “The Rebirth of Rwanda and the Man who dreamed it”Ucishirije bikaba ari nko kuvuga ngo “Kongera kuvuka k’u Rwanda n’umugabo wakabije izo nzozi.

Perezida Kagame yagize ati "Kumva neza iki kibazo bisaba ko tubanza kubanza kujya mu mateka gato. Iki kibazo cy’abimukira ntigitangirana n’amasezerano twagize nk’u Rwanda n’u Bwongereza., ni ikibazo kimaze igihe ariko  mbere y’ibyo reka mbanze mvuge muri 2018, ubwo twafashaga kushakira umuti ibibazo byo muri Libye; ahari abantu benshi biganjemo Abanyafrika bakomoka mu bice bitandukanye by’umugabane cyane cyane mu gace ka Afurika y’Iburengerazuba."

"Aba bantu bari baraheze muri Libye bagerageza kwambuka ngo bajye mu Burayi. Bamwe bapfuye bagerageza kwambuka inyanja ya Mediterane, abandi bafungirwa muri gereza mu mijyi itandukanye muri Libye." 

Yunzemo ati "Ndetse n’abageragezaga kubafasha muri iki kibazo bari barashobewe. Muri uwo mwaka wa 2018, nari umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ubwo iki kibazo cyangeragaho ,naravuze nti, yego ntabwo turi gihugu gikize, ntabwo turi igihugu kinini ariko buri gihe hari ibisubizo dushobora gutanga mu gukemura ibibazo bikomeye. N'uko tubwira imiryango mpuzamahanga yageragezaga gukemura icyo kibazo, ibihugu, Umuryango w’Abibumbye n’abandi tuti kuki mutazana aba bantu mu Rwanda hanyuma dushyiraho inzira eshatu zo kubafasha."

"Iya mbere baje mu Rwanda dushoboara kubareka bakaguma mu Rwanda, kuko nubwo urwego rw’imibereho rwacu rutaba ari rwiza kurusha ahandi ku isi, ariko ibyo dushobora guha abantu ari byiza cyane kuruta gufungirwa muri  gereza zo muri Libye, ahatari guverinoma, ahatari ikintu na kimwe, ahubwo abenshi bakanahasiga ubuzima, ndetse bikaba byiza gukomeza kujya mu Buyari bikarangira bapfiriye muri Mediterane."

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko amasezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Bwongereza afite umuzi muri ayo amateka kandi ko atagamije inyungu izo arizo zose uretse guha agaciro ikiremwa muntu.

Kuri ubu u Rwanda rucumbikiye impunzi zigera kur bihumbi 130 ziganjemo izo mu Karere.

Ku bijyanye n’impunzi n’abashaka ubuhungiro baturutse muri Libye, abasaga 590 babonye ibihugu byo mu Burayi na Amerika bibakira,abasaga  360 bakaba bakiri mu Rwanda.

Jean Pierre Kagabo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama