AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida Kagame yifatanyije n'abandi bayobozi mu nama y'umuryango w'Uburayi

Yanditswe Jun, 04 2018 20:56 PM | 79,774 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa kabiri ni umwe mu banyacyubahiro bitabira inama ya 12 y’Uburayi ku iterambere ibera mu Bubiligi ku cyicaro cy’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi.

Ni inama iteganijwe kubera i Buruseli mu murwa mukuru w'ububiligi kuri uyu wa kabiri. Mu rwego rwo kwitabira iyi umukuru w'igihugu yageze mu Bubiligi ku cyicaro cy’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi yakirwa na Donald Tusk, Perezida w’inama nkuru y’uwo muryango. 

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Donald Tusk yavuze ko yishimiye kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame byibanda ku butwererane hagati y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, U Rwanda, akarere ruherereyemo ndetse n’umuryango w’Afrika yunze ubumwe.

Umukuru w’igihugu kandi yahuye na Komiseri ushinzwe umubano mpuzamahanga n’iterambere mu muryango w’ubumwe bw’Uburayi, nawe wavuze ko yishimiye kubonana na Perezida Paul Kagame, ashimangira ko Uburayi bushyigikiye amavugurura mu muryango w’Afrika yunze ubumwe yanayobowe n’umukuru w’igihugu, maze agaragaza ko ubufatanye buhamye hagati y’Afrika n’Uburayi bukeneye abafatanyabikorwa bakomeye.

Ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe mu Bubiligi, Perezida Kagame yanakiriwe kandi na perezida wa komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, Jean-Claude Juncker, ndetse na Madame Ferederica Mogherini, vice president w’umuryango w’ubumwe bw’uburayi akanaba intumwa nkuru yawo ishinzwe ububanyi n’amahanga n’umutekano.

Inama y’Uburayi ku Iterambere y’uyu mwaka yitabiriwe na Perezida Kagame unayoboye umuryango w’Afrika yunze ubumwe, iratangira kuri uyu wa kabiri imare iminsi 2, ikazibanda ku kamaro k’abari n’abategarugori mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye, cyane cyane bahabwa amahirwe angana n'ay'abandi mu nzego zifata ibyemezo.

Ku ruhande rw’u Rwanda, iyi nama igaragazwa nk’umwanya mwiza wo kuganira ku mubano n’ibindi bihugu, ku birebana n’akarere ruherereyemo ndetse n’Isi muri rusange.

Biteganyijwe kandi ko Perezida Kagame azahura n’Umwami Philippe w’u Bubiligi, anagirane ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Charles Michel.

Perezida Kagame kandi azageza ijambo ku bazitabira umuhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya 12 Ngarukamwaka  ku Iterambere iteganijwe kuba taliki ya 5 Kamena.

Uyu muhango uzitabirwa kandi n’abayobozi ndetse n’abakuru b’ibihugu batandukanye barimo: Umwamikazi Mathilde w’u Bubiligi, Umwamikazi Letizia wa Espanye, Perezida Marie Louise Colero Preca wa Malta, Perezida Roch Marc Christian Kabore wa Burkina Faso, Perezida George Manneh Weah wa Liberia, Minisitiri w’Intebe Solberg wa Norvege, Umunyamabanga Wungirije wa Loni Amina Mohammed, na Perezida w’Inteko Ishingamategeko y’u Burayi, Antonio Tajani. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira