Yanditswe Nov, 29 2021 17:19 PM | 57,770 Views
Perezida Paul Kagame yihanangirije abayobozi basiragiza abaturage aho
kubakemurira ibibazo ku gihe, abasaba kugabanya inama za hato na hato kuko
ari imwe mu ntandaro z'iyo mikorere mibi.
Ibi umukuru w'igihugu yabigarutseho kuri uyu wa mbere ubwo yasozaga amahugurwa y'abayobozi b'inzego z'ibanze.
Abagize
inama Njyanama z'uturere 27 n'Umujyi wa Kigali ndetse na ba guverineri b'Intara, nibo bari bamaze icyumweru bahabwa amahugurwa ku miyoborere n'imikorere ikwiye
kubaranga muri manda y'imyaka 5 y'abagize Njyanama z'uturere 27 baherutse gutorwa.
Perezida Kagame yabasabye guhora iteka bazirikana icyizere bagiriwe n'abaturage bakihatira gukemura ibibazo byabo, abibutsa ko ibyo bigaragarira mu bikorwa aho kuba mu magambo gusa.
Mu bibazo yasabye aba bayobozi kwihutira gukemura, ku isonga hari icy'imirire mibi n'igwingira ry'abana bato kubera ingaruka iki kibazo gifite ku iterambere ry'igihugu.
Perezida Kagame kandi yasabye impinduka mu mikorere hagamijwe ineza y'umuturage, asaba ko inama za hato na hato abayobozi bahoramo zigatuma badakemura ibibazo by'abaturage zihagarara.
Abayobozi basoje amahugurwa bahamije ko amasomo bahawe ndetse n'impanuro z'umukuru w'igihugu ari impamba ikomeye binjiranye mu nshingano batorewe.
Abagera kuri 436 nibo bari bamaze icyumweru bahugurirwa mu ishuri rya Polisi I Gishari mu karere ka Rwamagana ku nsanganyamatsiko igira iti:"Umuturage ku isonga. "
Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu ivuga ko aya mahugurwa azazana ikibatsi mu mikorere y'inzego z'ibanze dore ko abasaga 60% muri iyi manda ari bashya muri izo nzego.
Divin Uwayo
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru