AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Perezida Kagame yihanganishije abanya-Tchad nyuma y’urupfu rwa Idris Deby

Yanditswe Apr, 21 2021 15:36 PM | 21,983 Views



Kuri uyu wa Gatatu Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Tchad n’umuryango wa Perezida Idris Déby Itno witabye Imana.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Idris Déby Itno azibukirwa ku bikorwa by’indashyikirwa yakoze mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.

Marshal Idriss Déby wayoboraga Tchad yapfuye ku wa Kabiri tariki 20 Mata uyu mwaka, nyuma y’ibikomere yavanye ku rugamba.

Yitabye Imana nyuma y'amasaha make ibyavuye mu matora yibanze bigaragaje ko yatsinze amatora ya manda ya gatandatu.

Nyuma y'urupfu rwa Deby, Perezida Kagame yagize ati "Azibukirwa ku ruhare rwe rutagereranywa mu kurwanya iterabwoba n’ubuhezanguni n'ibindi."

Umuvugizi w'ingabo za Tchad, Gen Azem Bermandoa Agouna, mu magambo ye yasomye kuri televiziyo y'igihugu, yatangaje ko uyu mugabo w'imyaka 68 yitabye Imana arengera igihugu aguye  ku rugamba.

Byari byitezwe ko ageza ijambo ry’insinzi ku baturage,  ariko umuyobozi wari ushinze ibikorwa byo kwiyamamaza bye, Mahamat Zen Bada yavuze ko ahubwo yagiye gusura abasirikare ba Tchad bari ku rugamba.

Yagize ati "Deby yifuzaga kuba yari hano kwizihiza uyu munsi ariko yari kumwe n’ingabo  kugira ngo arwanye iterabwoba ryugarije akarere kacu." 

Hagati aho n'abakuru b’Ibihugu byo mu muryango mpuzamahanga w’umutekano ku karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bunamiye Idriss Déby Itno.

Aba bakuru b'ibihugu bari bateraniye mu nama yiga ku mutekano na politiki byo muri Repubulika ya Centrafrique kuri uyu wa Kabiri ubwo urupfu rwa Déby rwajyaga ahagaragara, bavuze ko Afurika ibuze umuntu ukomeye.

Ni inama yabereye i Luanda muri Angola yitabirwa na Perezida Paul Kagame,  Sassou Nguesso wa Congo-Brazzaville,  Faustin  Touadéra wa Centrafrika na  Gen Major Ibrahim Jaber wari uhagarariye Sudani.

Itangazo bashyize hanze rigira riti “Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bababajwe n’urupfu rwa Maréchal Idriss Déby Itno, Perezida wa Tchad kandi bihanganishije umuryango we, Guverinoma n’abaturage ba Tchad.”

Umutwe w’inyeshyamba witwa, FACT wagabye igitero ku mipaka ku munsi w’amatora, utera ibirometero amagana mu Majyepfo y’igihugu, uyu ni nawo bivugwa ko wamurashe.

Déby Itno wari ufite imyaka 68, yari ku butegetsi kuva mu 1990.

Cyo kimwe n'ibihugu bihana imbibi nayo byo mu karere ka Sahel, Tchad imaze igihe ihanganye n'ibitero by'imitwe y'intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira