AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika yifuza ko intambara ya Ukraine n'u Burusiya yarangira

Yanditswe Nov, 15 2022 13:23 PM | 142,913 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko umugabane wa Afurika wifuza ko intambara y’u Burusiya na Ukraine ihagarara kuko ikomeje gutiza umurindi ikibazo cy’inzara n’ibura ry’ingufu hirya no hino ku Isi by’umwihariko ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Umukuru w’igihugu ibi yabigarutseho mu nama ku kibazo cy’ibiribwa n’ingufu yabereye I Bali muri Indonesia ahabera inama y’ibihugu 20 bikize ku Isi.

Inama ya G20 ihuriranye n’indi ya COP27 yiga ku mihindagurikire y’ikirere ku Isi, nayo yagarutse no ku kibazo cy’ibura ry’ibiribwa muri iki gihe bitewe n’icyorezo cya COVID19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukaraine.

Perezida Kagame yavuze ko kuba ibiciro by’ibiribwa n’inyongeramusaruro bikomeje gutumbagira ari ikibazo gihangayikishije ashimangira ko icyo Afurika yifuza ari amahoro kandi ko ibyo bidakwiye gutuma hari uyireba nabi.

Umukuru w’igihugu yagaragaje ko kimwe n’indi migabane cg ibihugu, Afurika nayo iharanira inyungu zayo mu mibanire yayo n’ibindi bice byose by’Isi. Yavuze ko Afurika isanzwe ifite imbogamizi ariko ubukana bwazo bukaba bwiyongera kubera ibibera ahandi birimo n’intambara y’u Burusiya na Ukraine kandi ko ikibabaje ari uko ikiguzi cy’ibyo byose cyishyurwa n’abanyafurika b’inzirakarengane ashimangira ko Afurika yiteguye gufatanya n’abandi mu gushakira umuti ibyo bibazo.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura