AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika yifuza ko intambara ya Ukraine n'u Burusiya yarangira

Yanditswe Nov, 15 2022 13:23 PM | 142,768 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko umugabane wa Afurika wifuza ko intambara y’u Burusiya na Ukraine ihagarara kuko ikomeje gutiza umurindi ikibazo cy’inzara n’ibura ry’ingufu hirya no hino ku Isi by’umwihariko ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Umukuru w’igihugu ibi yabigarutseho mu nama ku kibazo cy’ibiribwa n’ingufu yabereye I Bali muri Indonesia ahabera inama y’ibihugu 20 bikize ku Isi.

Inama ya G20 ihuriranye n’indi ya COP27 yiga ku mihindagurikire y’ikirere ku Isi, nayo yagarutse no ku kibazo cy’ibura ry’ibiribwa muri iki gihe bitewe n’icyorezo cya COVID19 ndetse n’intambara y’u Burusiya na Ukaraine.

Perezida Kagame yavuze ko kuba ibiciro by’ibiribwa n’inyongeramusaruro bikomeje gutumbagira ari ikibazo gihangayikishije ashimangira ko icyo Afurika yifuza ari amahoro kandi ko ibyo bidakwiye gutuma hari uyireba nabi.

Umukuru w’igihugu yagaragaje ko kimwe n’indi migabane cg ibihugu, Afurika nayo iharanira inyungu zayo mu mibanire yayo n’ibindi bice byose by’Isi. Yavuze ko Afurika isanzwe ifite imbogamizi ariko ubukana bwazo bukaba bwiyongera kubera ibibera ahandi birimo n’intambara y’u Burusiya na Ukraine kandi ko ikibabaje ari uko ikiguzi cy’ibyo byose cyishyurwa n’abanyafurika b’inzirakarengane ashimangira ko Afurika yiteguye gufatanya n’abandi mu gushakira umuti ibyo bibazo.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir