AGEZWEHO

  • Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti – Soma inkuru...
  • Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite – Soma inkuru...

Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gufungura ahamurikirwa ibijyanye n’intego za SDGs

Yanditswe Nov, 21 2022 19:02 PM | 350,909 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko uburezi ari umusingi uhamye mu kubaka umuntu ufite imyumvire nyayo ku mihindagurikire y’ikirere ndetse no kurengera ibidukikije.

Umukuru w’Igihugu ibi yabigarutseho kuri uyu wa mbere mu gihugu cya Qatar mu muhango wo ku rwego rwo hejuru wo gufungura ku mugaragaro ahamurikirwa ibijyanye n’intego z’iterambere rirambye SDGs, no gutangiza ubukangurambaga bwiswe kurasa ku ntego cg scoring the goals mu cyongereza. 

Ni umuhango wari uyobowe na Sheikha Moza Bint Nasser, umuyobozi akaba n’umwe mu bashinze umuryango udaharanira inyungu Qatar Foundation.

Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwifuza ko buri mwana w’umunyarwanda kimwe n’abandi bo ku isi yose bakwiriye guhabwa amahirwe yo kwiga.

Yagaragaje ko kwigisha umuntu uhereye mu bwana bwe bituma abantu basobanukirwa n’ibibazengurutse, byaba ihindagurika ry’ikirere ndetse n’ibidukikije muri rusange.

Umukuru w’igihugu kandi yongeyeho ko mu ishoramari mu Rwanda, hagenda hatekerezwa uburyo burambye burimo no kongerera ubushobozi abaturage binyuze mu burezi bahabwa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti

Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifi

USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije gu

Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya

Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirw

Uturere umunani twabonye abayobozi bashya

Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene

Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama