AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Perezida Paul Kagame yifatanyije n'abatuye Kicukiro mu muganda

Yanditswe Mar, 30 2019 12:25 PM | 4,919 Views



Prezida wa Republika Paul Kagame yifatanyije n'abatuye mu Karere ka Kicukiro mu muganda ngaruka-kwezi aho yavuze ko ibikorwa by'umuganda bikwiye kuba umuco w'Abanyafurika bose.

Abayobozi mu nzego zitandukanye mu muryango wa Afrika y'i Burasirazuba bari mu mwiherero mu Rwanda, bifatanyije n'abanya Kigali mu muganda ngarukakwezi w'ukwezi kwa Werurwe 2019.


Ni umuganda wakorewe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza-Kicukiro aho hakozwe isuku mu nkengero z'urwibutso no gutunganya inzira z'amazi zirukikije.

Aba bayobozi banatunganyije ubusitani butunganywa hafi y'uru rwibutso buzafasha abarusura kuba baharukira kdi bakanahamenyera amateka ya Jenoside muri rusange.

Aba bayobozi mu muryango wa Afrika y'i Burasirazuba banasuye Urwibutso rwa Nyanza ndetse bashyira Indabo ku mva ishyinguyemo Abatutsi bari bahungiye ahahoze Ari ETO-Kicukuro  bakaza kwicwa  tariki 11 Mata 1994 nyuma y'uko ingabo z'umuryango w'abibumbye zari zihakambitse zibatereranye.

Abayobozi batandukanye mu muryango wa Afrika y'i Burasirazuba bamaganye abakoze Jenoside kandi basaba Ko aho bari hose bakurikiranwa, gusa banashima ibikorwa by'umuganda kuko ari umwihariko w'u Rwanda bikaba n’umuco mwiza ukwiye gukwira mu Banyafrika bose. 





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize