AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Perezida Ruto yasuye abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Carnegie Mellon

Yanditswe Apr, 04 2023 18:25 PM | 114,949 Views



Ku munsi wa mbere w'uruzinduko rwa Perezida wa Kenya mu Rwanda, Dr William Ruto yasuye abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Carnegie Mellon aho bagiranye ibiganiro byibanze kuruhare rw'urubyiruko mu iterambere ry'umugabane wa Afurika.

Ubwo yaganiraga n'urubyiruko rurimo kwiga icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza muri iyi Kaminuza ya Carnegie Mellon, Perezida wa Kenya Dr William Ruto yavuze ko Afurika ifite ejo heza kuko ifite ibikenewe byayifasha mu iterambere ryayo nkuko yabigarutseho.

Muri ibi biganiro kandi Perezida William Ruto yagaragarije uru rubyiruko ko ariyo mizero y'ejo heza h'Afurika, bityo abasaba gushyiraho umwete mubyo bakora kugira ngo bazane impinduka zikenewe kuri uwo mugabane.

Muri ibi biganiro kandi abanyeshuri bo muri iyi Kaminuza bagize umwanya wo kubaza ibibazo Dr William Ruto, bimwe mu bibazo byagarutsweho byibanze ku kibazo cy'ubushomeri bugaragara mu rubyiruko rwa Afurika.

Perezida Ruto yavuze ko icya mbere ari ukubaka ubushobozi bw'urubyiruko binyuze mu burezi buboneye, ku buryo batiga gusa ngo babone akazi ahubwo bakiga mu buryo butuma nabo bihangira imirimo.

Uruzinduko rwa Prezida wa Kenya Dr William Ruto rwatangiye kuri uyu wa 2 bikaba biteganyijwe ko ruzamara iminsi ibiri.


Ntete Olive



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura