AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida wa Sena Bernard Makuza yakiriye itsinda ry'abagize inteko ya Senegal

Yanditswe Nov, 01 2018 21:02 PM | 28,953 Views



Perezida wa sena Bernard Makuza yakiriye mu biro bye itsinda ry'abadepite bo muri Sénégal bahagarariye iki gihugu mu nteko ishinga amategeko nyafurika. Ibiganiro byabo byagarutse ku mubano w'ibihugu byombi, ndetse n'uw'inteko zishinga amategeko.

Aba badepite bavuga ko imiterere ya sena y'u Rwanda ifasha abasenateri gusohoza neza inshingano zabo, kandi ko n'ubwo muri Sénégal nta sena ihari, bashobora kuyigiraho byinshi. Bavuga ko u Rwanda na Sénégal buhuriye kuri byinshi, mu birebana no kugena ingengo y'imari hibandwa cyane ku guteza imbere abatishoboye no kutihanganira ruswa.

Bavuga kandi ko ushingiye ku bimaze kugerwaho, u Rwanda ari urugero ku bindi bihugu by'afurika, ko nyuma y'ibihe bikomeye igihugu gishobora kwiyubaka no kwigira.

Aba badepite bo muri Sénégal kandi banemeza ko bashingiye ku mubano w’ibihugu byombi, hari amahirwe menshi yo gushyigikira umukandi w'u Rwanda ku mwanya w'umunyamabanga mukuru w'ihuriro ry'inteko zishinga amategeko nyafurika, mu matora ateganyijwe mu cyumweru gitaha, akorwa n'abaperezida b'inteko zishinga amategeko za Afurika.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira