Yanditswe Dec, 24 2017 16:34 PM | 5,300 Views
Polisi y'igihugu
iributsa abaturarwanda gukomeza kubahiriza ihame ryo kubumbatira umutekano
hirya no hino aho batuye kandi abatwara ibinyabiziga bakibuka kwitwararika muri
iyi minsi isoza umwaka n'iwutangira. Abaturage na bo bavuga ko kubungabunga
umutekano babikanguriwe kandi biteguye gufatanya n'inzego zibishinzwe mu
kuwubumbatira.
Ku munsi mukuru wa
Noheli uba mu mpera z'umwaka n'uw'Ubunani utangira umwaka, abenshi mu baturage
bakunze kujya mu tubari bakica inyota, ariko hari n'abo ushobora gusanga
barengeje urugero bagahungabanya umutekano wa bagenzi babo. Bamwe mu baturage
baba abacuruza, abakora umwuga wo gutwara abantu n'abafite utubari babwiye
itangazamakuru ko iyo minsi mikuru bamaze kuyitegura kandi babikanguriwe, ko
bazarushaho kubungabunga umutekano.
Rugango Jean
Batpiste, umuturage wo mu murenge wa Gisozi yagize ati, 'Ntabwo kandi
tugomba guhungabanya umutekano dufite, kuko abawuturindiye barahari, ariko
natwe tugomba kuba maso kugira ngo bamenye ko ibyo bakora natwe tubari
inyuma. Niba tunywa tugomba kwirinda kurenza urugero, kandi tukirinda
kubangamira abandi.''
Umuvugizi wa polisi y'u Rwanda ACP Théos BADEGE avuga ko abaturage bakwiye kwishima uko bisanzwe ariko bagakomera ku mahame y'umutekano, birinda ubusinzi, guhungabanya umutekano no kwirinda impanuka. Ati, ''Icyo umuntu azakora cyose azagisoza neza nta byago afite byo kuzira impanuka , kubera ko yatwaye akarenza umuvuduko kubera ibyishimo, kuko yatwaye yasinze, cyangwa se yatwaye arangaye ari ku matelefoni. Ikindi twese dukeneye uburenganzira bwo kwizihiza iminsi mikuru, niba unyuze ahantu cyangwa uhatuye menya ko urusaku rubuza ituze. Muri iyi minsi isoza umwaka ni ukwibuka ko ibirori n'ibyishimo bitagomba kubangamira ihame ry'umutekano no kubahiriza amategeko.''
Umuvugizi wa polisi yibutsa ko abaturage ko ahazateranira ibirori by'abantu benshi bigomba kumenyeshwa ubuyobozi bw'inzego z'ibanze n'iz'umutekano kugira ngo zibashe gucunga umutekano w'abahateraniye.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru