Yanditswe Jan, 02 2019 20:41 PM | 37,755 Views
Polisi y'u Rwanda ivuga ko mu bihe by'iminsi
mikuru isoza umwaka habaye impanuka zisaga 30 zihitana abantu 4 mu gihugu hose,
ngo impanuka zaragabanyutse ugereranyije n'umwaka ushize.
Polisi y'igihugu yemeza ko mu bihe by'iminsi
mikuru isoza umwaka n'itangira umwaka mushya, umutekano wari wifashe neza
kubera imikoranire y'abaturage n'inzego z'umutekano mu ihanahana ry'amakuru mu
gukumira ibyaha, hakiyongeraho n'imyumvire y'abanyarwanda mu kwirinda ibyaha.
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda CP Jean Bosco Kabera ahamya ko impanuka zabaye muri iyi minsi mikuru zahitanye abantu 4. Ati, "...iminsi mikuru y'ubunani na noheli hari impanuka zabaye--kuri noheli twagize impanuka 16 zirimo 3 zikomeye abantu 2 batakarizamo ubuzima, ku bunani kugeza uyu munsi habaye impanuka 18 zihitana abantu 2 nazo, muri rusange ahandi byagenze neza ariko icyagaragaye ni abantu batwara ibinyabiziga basinze."
Polisi igaragaza ko ibindi byaha byakozwe muri rusange haba mu mpera z'umwaka cyangwa mu mwaka wose, ibiyobyabwenge biri ku isonga mu kuba nyirabayazana w'ibindi byaha byakozwe nk'uko police ibisobanura. Yagize ati, "icyaha cya mbere cyagaragaye muri 2018 ni icyaha cyo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge--hirya no hino ababicuruza barafashwe. Icyo cyaha cyaragaragaye ndetse ni'ibindi byaha bindi bigishingiyeho haba gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu n'ibindi bigaragara ko abantu baba bakoresheje ibiyobyabwenge."
Ubuyobozi bwa polisi y'igihugu bwemeza ko mu
mwaka wa 2018 impanuka zo mu muhanda zagabanyutse ku gipimo cya 20% kubera
utwumba tugabanya umuvuduko twashyizwe mu modoka zitwarira abagenzi hamwe,
ariko nanone hejuru ya 80 by'impanuka zikaba ziterwa na moto.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru