AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Polisi ivuga ko abantu 4 bitabye Imana mu mpanuka 30 zabaye mu minsi mikuru

Yanditswe Jan, 02 2019 20:41 PM | 37,755 Views



Polisi y'u Rwanda ivuga ko mu bihe by'iminsi mikuru isoza umwaka habaye impanuka zisaga 30 zihitana abantu 4 mu gihugu hose, ngo impanuka zaragabanyutse ugereranyije n'umwaka ushize.

Polisi y'igihugu yemeza ko mu bihe by'iminsi mikuru isoza umwaka n'itangira umwaka mushya, umutekano wari wifashe neza kubera imikoranire y'abaturage n'inzego z'umutekano mu ihanahana ry'amakuru mu gukumira ibyaha, hakiyongeraho n'imyumvire y'abanyarwanda mu kwirinda ibyaha.

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda CP Jean Bosco Kabera ahamya ko impanuka zabaye muri iyi minsi mikuru zahitanye abantu 4. Ati, "...iminsi mikuru y'ubunani na noheli hari impanuka zabaye--kuri noheli twagize impanuka 16 zirimo 3 zikomeye abantu 2 batakarizamo ubuzima, ku bunani kugeza uyu munsi habaye impanuka 18 zihitana abantu 2 nazo, muri rusange ahandi byagenze neza ariko icyagaragaye ni abantu batwara ibinyabiziga basinze."

Polisi igaragaza ko ibindi byaha byakozwe muri rusange haba mu mpera z'umwaka cyangwa mu mwaka wose, ibiyobyabwenge biri ku isonga mu kuba nyirabayazana w'ibindi byaha byakozwe nk'uko police ibisobanura. Yagize ati, "icyaha cya mbere cyagaragaye muri 2018 ni icyaha cyo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge--hirya no hino ababicuruza barafashwe. Icyo cyaha cyaragaragaye ndetse ni'ibindi byaha bindi bigishingiyeho haba gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu n'ibindi bigaragara ko abantu baba bakoresheje ibiyobyabwenge."

Ubuyobozi bwa polisi y'igihugu bwemeza ko mu mwaka wa 2018 impanuka zo mu muhanda zagabanyutse ku gipimo cya 20% kubera utwumba tugabanya umuvuduko twashyizwe mu modoka zitwarira abagenzi hamwe, ariko nanone hejuru ya 80 by'impanuka zikaba ziterwa na moto.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira