AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Polisi mu iperereza ku modoka za HOWO zivugwaho gukora impanuka cyane

Yanditswe Nov, 29 2022 18:30 PM | 234,840 Views



Polisi y’u Rwanda iravuga ko yatangiye iperereza ku modoka za HOWO zimaze igihe zivugwaho gukora impanuka. Kuva uyu mwaka watangira izi modoka 15 zakoze impanuka zahitanye abantu.

HOWO ni imodoka zimenyerewe mu bikorwa by'ubwubatsi cyane cyane mu gutunda, umucanga, itaka ndetse n'amabuye.

N'ubwo hari bamwe mu bazitwara bagaragaza ko zikora impanuka nk'izindi modoka zose, hari n'abavuga ko hari izindi mpamvu zishobora kuzitera.

Mukuralinda Jonathan ati “Ahantu hose iyi modoka ikoresha imyuka, iyo itiyo y'imyuka icitse ihita igaragara ku buryo utayikata ngo ikunde rero njye mbona bareba uko bakoresha moteri yayo ikamera nka fuso isanzwe kuko yo ivanga imyuka n’amavuta.”

Uwumukiza Patel ati “Abazigura bakagombye kuyiha umuntu ufite experience akareba niba umuntu agiye kuyiha ari umuntu usanzwe koko amenyereye aya makamyo.”

Abasenateri bavuga ko mu ngendo bakoreye mu turere dutandukanye mu minsi ishize, bavuga ko iki kibazo bakigejejweho, kikaba kigekeneye gufatirwa ingamba. 

Senateri Twahirwa André yagize ati “Njye ntekereza ko ari imodoka zitajyanye n’imiterere y’Igihugu cyacu, ariko ni ibyo ntekereza rero ntekereza ko ari ikibazo muzigana ubushishozi, mukazatubwira nimubona igisubizo.”

Mu biganiro n’ abasenateri ku kibazo cy’impanuka zo mu muhanda CP George Rumanzi ushinzwe ibikorwa bya Polisi n’ituze rusange avuga ko ubu hatangiye iperereza ryimbitse kuri iki kibazo.

Ati “Ubu buremere bwazo, imihanda yacu n’ ubuhaname ese mu buryo bwa tekinike abahanga bacu bazi kuzitwara, ese hari ibindi bihugu zibamo ese na ho ziragonga, ese ubundi impanuka zazo ni nyinshi ugereranyije n’izindi koko, rero abo twahaye kubikurikirana babikoze bakora presentation last Friday ariko bahabwa amabwiriza yo gukomeza kubaza bagashaka n’izindi statistics so it is being investigated.”

Ibiganiro byahuje Polisi n’abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane n’Umutekano kuri uyu wa Kabiri, byakurikiye ibyo iyi komisiyo yagiranye n'ikigega cyihariye cy’ingoboka, ishyirahamwe ry’ibigo by’ubwishingizi mu Rwanda n’urwego ngenzuramikorere RURA hagamijwe kuvugitira umuti ikibazo cy’impanuka zo mu muhanda no guhangana n’ingaruka zazo.

Fiston Felix HABINEZA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira