AGEZWEHO

  • Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti – Soma inkuru...
  • Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite – Soma inkuru...

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto

Yanditswe Oct, 02 2023 19:27 PM | 60,977 Views



Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente ari i Doha muri Qatar aho yagiye guhagararira Perezida Paul Kagame mu imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto, imboga n'indabo rizamara amezi 6. 

Minisitiri w'Intebe yifatanyije n'abayobozi banyuranye bo ku rwego rw'isi mu gutangiza iri murika rizasozwa taliki 28 Werurwe 2024. 

Ni ibirori bigamije kwishimira umusaruro w'imboga, imbuto n'indabo no gushyigikira urusobe rw'ibinyabuzima n'iterambere rirambye ku rwego rw'isi. 

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente kandi yifatanyije na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani mu gutangiza iryo murika rifite insanganyamatsiko igira iti “Ubutayu butoshye, ibidukikije byiza”. 

U Rwanda narwo ruhagarariwe muri iryo murika nk'igihugu cyateje imbere ubuhinzi bw'imboga, imbuto n'indabo binoherezwa ku mugabane wa Aziya. 

Ni imurika mpuzamahanga ryari kuba tariki 14 Ukwakira 2021 rikageza ku italiki 17 Werurwe 2022 gusa riza gusubikwa bitewe n'icyorezo cya COVID-19 cyari cyugarije isi icyo gihe. 

Minisitiri w'Intebe kandi yanaboneyeho gusura aho u Rwanda ruzifashisha mu kumurika ibikorwa byarwo, aho Ambasaderi w'u Rwanda muri Qatar Igor Marara yamugaragarije aho imirimo yo kuhatunganya ihagaze.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti

Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifi

USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije gu

Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya

Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirw

Uturere umunani twabonye abayobozi bashya

Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene

Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama