AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Qatar yegukanye uruhare runini rwo kubaka ikibuga cy’indege gishya mu Rwanda

Yanditswe Dec, 10 2019 12:13 PM | 880 Views



Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’ishoramari n’ikigo cya Qatar Airways. Ni amasezerano akubiyemo ingingo zitandukanye z’ubufatanye mu ishoramari harimo ko icyo kigo cya aho icyo kigo Qatar Airways cyegukanye uruhare runini mu kubaka ikibuga gishya cy’indege, kikazanagicunga.

Muri ayo masezerano, harimo ko mu  myubakire y’icyo kibuga, Qatar Airways izagira uruhare rwa 60% bigereranyirizwa mu gaciro ka miliyali 1.3 z’amadorali ya Amerika mu gihe u Rwanda ruzasigarana 40% y'ibikorwa by'uwo mushinga nkuko bisobanurwa na minisitiri w'ibikorwaremezo, Amb. Claver Gatete, unagaruka ku bushobozi icyo kibuga kizaba gifite mu kwakira abagenzi ku mwaka, nikiramuka kirangiye.

Minisitiri Gatete avuga ko uyu mushinga atari mushya ariko bitewe n'ikifuzo cyo kwagura ubushobozi bw'icyo kibuga, byabaye ngombwa ko hahindurwa inyigo yacyo.

Aya masezerano yasinywe hagati ya guverinoma y’u Rwanda n’icyo kigo cyo muri Qatar afatwa nkazunganira cyane kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’iterambere ry’igihugu mu cyiciro cy’ubwikorezi mu kirere, ariko akaba ari n’amasezerano afatwa nk’ashimangiye umubano n’ubutwererane hagati y’u Rwanda na Qatar.

Inkuru mu mashusho

RUZIGA Emmanuel Masantura



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama