AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

RDB yasabye abikorera kuzabyaza umusaruro CHOGM izabera mu Rwanda

Yanditswe Mar, 03 2022 21:39 PM | 63,535 Views



Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rurasaba abikorera mu Rwanda kuzabyaza inyungu zifatika inama y'abakuru b'ibihugu bikoresha ururimi rw'icyongereza izabera mu Rwanda mu kwezi kwa 6 k'uyu mwaka. 

Ibi byatangajwe ubwo RDB yagiranaga ibiganiro n'ishyirahamwe ry'abacukuzi b'amabuye y'agaciro mu Rwanda n'abari mu rwego rw'ingufu.

Muri ibi biganiro byahuje urwego rushinzwe iterambere, RDB n'ishyirahamwe ry'abacukuzi b'amabuye y'agaciro mu Rwanda n'abari mu rwego rw'ingufu hagaragajwe amahirwe y'ubucuruzi urwego rw'abikorera mu Rwanda rwabyaza umusaruro mu gihe cy’inama y'abakuru b'ibihugu bikoresha icyongereza CHOGM iteganyijwe kubera i Kigali mu kwezi kwa 6 uyu mwaka.

Bamwe mu bashoramari mu rwego rw'ubucukuzi n'ingufu bavuga ko bagiye kunoza imishinga yabo ku buryo kwitabira inama ya CHOGM bizababera amahirwe yo kugaragaza ahashobora kubyara amafaranga mu gihe habayeho ubufatanye mu ishoramari.

RDB isobanura ko muri iyi nama ya CHOGM hateganyijwe n’indi y'iminsi 2 y'ihuriro ku bucuruzi Commonwealth Business Forum ikazahuza inzego z’abikorera, ibigo by’imari n’ibindi.

Philip Lucky umuyobozi w'ishami rishinzwe ishoramari no kwamamaza ibikorwa muri RDB asobanura ko iyi nama azaba ari umwanya wo kunoza ubufatanye ku bashoramari.

Iyi ni inama ya 2 RDB igiranye n'ishyirahamwe ry'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu Rwanda n'abari mu rwego rw'ingufu. Ubuyobozi bwa RDB bukaba buvuga ko gutanga amakuru ku nyungu zitegerejwe mu nama ya CHOGM bizakomeza no mu zindi nzego.


KWIZERA John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira