AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

RDC: Perezida Félix Tshisekedi yasuye Amerika

Yanditswe Apr, 03 2019 19:50 PM | 4,247 Views



Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi  yatangiye uruzinduko rw’akazi  rw’iminsi itatu mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika; kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Mata 2019.

Ni narwo ruzinduko rwe rwa mbere agiriye inyuma y’umugabane w’Afrika kuva yajya ku butegetsi yasimbuyeho Joseph Kabila mu ntangireo z’uyu mwaka.

Abasesengura iby’uru ruzinduko rwa Perezida Tshisekedi kwa mugenzi we Trump barasanga rugamije ibintu bitandukanye birimo kuganira ku kibazo cy’umutekano muke urangwa mu bice binyuranye by’igihugu cye, no guhangira imirimo Abakongomani.


Ikindi kandi ngo kijyanye Perezida Tshisekedi muri RDC ni ukujya gushishikariza Abanyamerika kuza gushora imari mu gihugu cye cya Congo.

Mu baherekeje Tshisekedi muri USA barimo n’abakora mu by’imari.

Mu cyumweru gishize, uhagarariye USA muri RDC yari yatangaje ko banyuzwe n’uruzinduko rwa Perezida Tshisekedi, mu gihugu cyabo.

Uyu mudiplomate yavuze ko uruzinduko rwe i Washington ari umwanya  wo gusuzumira hamwe ibiteza imbere impande zombi mu guhanshya ikibazo cya ruswa, kubahiriza uburenganzira bwa muntu, no guteza imbere inzego zirimo iz’ubuzima n’uburezi by’Abakongomani.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama