AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

REB igiye gutangaza amanota y'abarimo gukora ibizamini ku myanya y'ubuyobozi bw'amashuri

Yanditswe Aug, 29 2022 16:59 PM | 88,813 Views



Urwego rw'Igihugu rushinzwe uburezi bw'Ibanze, REB rwavuze ko bitarenze icyumweru gitaha ruzaba rwatangaje amanota y'abarimo gukora ibizamini ku myanya y'ubuyobozi bw'amashuri abanza ya Leta, n'abayobozi bungirije b'amashuri yisumbuye bashinzwe amasomo n'abashinzwe imyitwarire.

Hifashishijwe ikoranabuhanga, kuri uyu wa Mbere nibwo abahatanira iyi myanya batangiye gukora ibizamini byo kubazwa mu magambo ibizwi nka Interview.

Ababyitabiriye bashima ubu buryo bushya.

Uwitwa Ndayisenga Vedaste yagize ati “Byagenze neza usibye ikibazo gito cya internet twagize, gusa nifuza ko byakomeza gutya kuko ibi nibyo byiza.”

Ku kibazo cya internet, umuyobozi ushinzwe iterambere n'imicungire y'abarimu muri REB, Mugenzi Ntawukuriryayo Leon  avuga ko kitari ku rugero runini kandi ko cyahise gikemuka.

“Internet ni ikibazo rimwe na rimwe gitungurana ariko twahise tubikemura, mu turere nta n'ikibazo cyane twagize ahubwo wenda hano kuko dufite panel nyinshi 54 zose niho habaye nk'ahaba ikibazo ariko ubu twamaze kubikemura abantu bari kubikemura nta kibazo.”

Yizeza abarimo gukora ibi bizamini ko bitarenze icyumweru gitaha hazamenyakana abatsinze.

“Ku wa Gatanu ibizamini nibirangira tuzakora raporo ku buryo mu cyumweru gitaha tuzaba duteranya amanota bagize mu buryo bwanditse n'ibi bizamini bya interview barimo gukora ubu, turateganya ko mu cyumweru gitaha dusohore amanota noneho ababonye 70 mu giteranyo cy'ibizamini byombi akaba aribo bazaba batsinze duhite tubatangaza.”

Ku ikubitiro kuri uyu wa Mbere abakandida bashaka umwanya w'umuyobozi wungirije ushinzwe Imyitwarire mu mashuri yisumbuye bagera kuri 955, nibo batangiye ibizamini bari gukorera ahateganyijwe muri buri karere.

Hakazakurikiraho abasabye akazi ku myanya y'abayobozi bungirije bashinzwe amasomo mu mashuri yisumbuye no ku mwanya w'abayobozi b'amashuri abanza.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir