Yanditswe Aug, 29 2022 16:59 PM | 88,813 Views
Urwego rw'Igihugu
rushinzwe uburezi bw'Ibanze, REB rwavuze ko bitarenze icyumweru gitaha ruzaba
rwatangaje amanota y'abarimo gukora ibizamini ku myanya y'ubuyobozi bw'amashuri
abanza ya Leta, n'abayobozi bungirije b'amashuri yisumbuye bashinzwe amasomo n'abashinzwe
imyitwarire.
Hifashishijwe ikoranabuhanga, kuri uyu wa Mbere nibwo abahatanira iyi myanya batangiye gukora ibizamini byo kubazwa mu magambo ibizwi nka Interview.
Ababyitabiriye bashima ubu buryo bushya.
Uwitwa Ndayisenga Vedaste yagize ati “Byagenze neza usibye ikibazo gito cya internet twagize, gusa nifuza ko byakomeza gutya kuko ibi nibyo byiza.”
Ku kibazo cya internet, umuyobozi ushinzwe iterambere n'imicungire y'abarimu muri REB, Mugenzi Ntawukuriryayo Leon avuga ko kitari ku rugero runini kandi ko cyahise gikemuka.
“Internet ni ikibazo rimwe na rimwe gitungurana ariko twahise tubikemura, mu turere nta n'ikibazo cyane twagize ahubwo wenda hano kuko dufite panel nyinshi 54 zose niho habaye nk'ahaba ikibazo ariko ubu twamaze kubikemura abantu bari kubikemura nta kibazo.”
Yizeza abarimo gukora ibi bizamini ko bitarenze icyumweru gitaha hazamenyakana abatsinze.
“Ku wa Gatanu ibizamini nibirangira tuzakora raporo ku buryo mu cyumweru gitaha tuzaba duteranya amanota bagize mu buryo bwanditse n'ibi bizamini bya interview barimo gukora ubu, turateganya ko mu cyumweru gitaha dusohore amanota noneho ababonye 70 mu giteranyo cy'ibizamini byombi akaba aribo bazaba batsinze duhite tubatangaza.”
Ku ikubitiro kuri uyu wa Mbere abakandida bashaka umwanya w'umuyobozi wungirije ushinzwe Imyitwarire mu mashuri yisumbuye bagera kuri 955, nibo batangiye ibizamini bari gukorera ahateganyijwe muri buri karere.
Hakazakurikiraho abasabye akazi ku myanya y'abayobozi bungirije bashinzwe amasomo mu mashuri yisumbuye no ku mwanya w'abayobozi b'amashuri abanza.
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru