Yanditswe May, 16 2022 15:15 PM | 48,855 Views
Hari abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko bafite ikibazo cyo
kubona umuriro w’amashanyarazi bitewe n’uko ngo habaye ibura ry’amapoto y’ibiti
yifashishwa mu kuwubagezaho, gusa Ikigo cy'Igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w'amashanyarazi cyo kivuga ko nta kibazo cy’amapoto
gihari.
Aba baturage bo mu bice bitandukanye bagaragaza ko umuriro w’amashanyarazi yo kumuyoboro mu gari agenda abaca hejuru, nyamara bo nta muriro bafite kuko habuze amapoto y’ibiti yifashishwa mu kuyabagezaho bakaba baraheze mu mwijima.
Aha hiyongeraho n’abandi bavuga ko hari n’ikindi kibazo cy’amwe mu mapoto y’ibiti amaze igihe, ku buryo hari aho yahengamye cyangwa yenda guhirima nabo bakaba bafite impungenge ko ashobora guteza impanuka nabo bakifuza ko yasimburwa.
Ibi barabigaragaza nyamara mu Rwanda hari uruganda rutunganya amapoto y’ibiti, aho umuturage ushaka kuyigurira bimusaba kunyura muri REG kugira ngo ahabwe ipoto y'igiti ikoreshwa ngo agezweho umuriro w'amashanyarazi, cyangwa akarindira gahunda rusange zo kugezwaho umuriro muri ako gace.
Umuyobozi ushinzwe umusaruro muri uru ruganda rutunganya amapoto y'ibiti, Egide Ruhumuriza avuga ko bafite ubushobozi bwo guhaza isoko kandi hari uburyo bakorana na REG.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa rusange muri EUCL,Chantal Ngwinondebe avuga ko mu gihugu nta kibazo cy'amapoto y'amashanyarazi gihari, hakaba hari inzira zateganyijwe binyuramo ngo abaturage babone amashanyarazi.
Kugeza ubu ingo zikabakaba 70% nizo zimaze kugerwaho n'umuriro w'amashanyarazi.
Mu Rwanda hari abikorera batandukanye bakora amapoto y'amashanyarazi y'ubwoko butandukanye harimo n'ava hanze y'igihugu, Guverinoma ikaba ifite intego ko mu mwaka wa 2024 buri muturage azaba afite umuriro w'amashanyarazi aho 70% bazaba bafatira ku murongo mugari naho 30% bawukura ku zindi ngufu.
Jean Paul Turatsinze
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru