AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

REG iravuga ko nta kibazo cy’amapoto gihari nk’uko hari abaturage babivuga

Yanditswe May, 16 2022 15:15 PM | 48,855 Views



Hari abaturage bo mu bice bitandukanye by’igihugu bavuga ko bafite ikibazo cyo kubona umuriro w’amashanyarazi bitewe n’uko ngo habaye ibura ry’amapoto y’ibiti yifashishwa mu kuwubagezaho, gusa Ikigo cy'Igihugu gishinzwe gukwirakwiza umuriro w'amashanyarazi cyo kivuga ko nta kibazo cy’amapoto gihari.

Aba baturage bo mu bice bitandukanye bagaragaza ko umuriro w’amashanyarazi yo kumuyoboro mu gari agenda abaca hejuru, nyamara bo nta muriro bafite kuko habuze amapoto y’ibiti yifashishwa mu kuyabagezaho bakaba baraheze mu mwijima.

Aha hiyongeraho n’abandi bavuga ko hari n’ikindi kibazo cy’amwe mu mapoto y’ibiti amaze igihe, ku buryo hari aho yahengamye cyangwa yenda guhirima nabo bakaba bafite impungenge ko ashobora guteza impanuka nabo bakifuza ko yasimburwa.

Ibi barabigaragaza nyamara mu Rwanda hari uruganda rutunganya amapoto y’ibiti, aho umuturage ushaka kuyigurira bimusaba kunyura muri REG kugira ngo ahabwe ipoto y'igiti ikoreshwa ngo agezweho umuriro w'amashanyarazi, cyangwa akarindira gahunda rusange zo kugezwaho umuriro muri ako gace.

Umuyobozi ushinzwe umusaruro muri uru ruganda rutunganya amapoto y'ibiti, Egide Ruhumuriza avuga ko bafite ubushobozi bwo guhaza isoko kandi hari uburyo bakorana na REG.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa rusange muri EUCL,Chantal Ngwinondebe avuga ko mu gihugu nta kibazo cy'amapoto y'amashanyarazi gihari, hakaba hari inzira zateganyijwe binyuramo ngo abaturage babone amashanyarazi.

Kugeza ubu ingo zikabakaba 70% nizo zimaze kugerwaho n'umuriro w'amashanyarazi.

Mu Rwanda hari abikorera batandukanye bakora amapoto y'amashanyarazi y'ubwoko butandukanye harimo n'ava hanze y'igihugu, Guverinoma ikaba ifite intego ko mu mwaka wa 2024 buri muturage azaba afite umuriro w'amashanyarazi aho 70% bazaba bafatira ku murongo mugari naho 30% bawukura ku zindi ngufu.

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura