AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

RRA igiye kuremera bamwe mu bacuruzi muri Rubavu bagizweho ingaruka n’imitingito

Yanditswe Nov, 12 2021 09:42 AM | 92,304 Views



Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Ikigo cy'Igihugu cy’imisoro n’amahoro, RRA kiraremera abacuruzi bo mu karere ka Rubavu, bagizweho ingaruka n’imitingito yatewe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

Muri Gicurasi uyu mwaka, nibwo ikirunga cya Nyiragongo cyarutse ariko nyuma y’iruka ryacyo hakurikiyeho imitingito myinshi, yangije bimwe mu bikorwa by'ubucuruzi mu Mujyi wa Rubavu.

Umuvugizi wa RRA, Uwitonze Jean Paulin yabwiye RBA ko abacuruzi batanu ari bo bahabwa ubufasha bwo kuzahura ubucuruzi bwabo, bwagizweho ingaruka n’imitingito.

RRA yatangaje ko buri mucuruzi muri aba ahabwa miliyoni 5 z’amafaranga y'u Rwanda.

Muri rusange yavuze ko aba bacuruzi bartoranyijwe hashingiwe ku bukana bw’ingaruka z’imitingito, zirimo kuba inzu zabo cyangwa se ibicuruzwa byabo byarangiritse.

Mu bindi byagendeweho mu gutoranya abo bacuruzi ngo baremerwe na RRA, harimo kuba bari basanzwe bitwara neza mu gutanga imisoro n’amahoro kandi batarangwa na magendu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira