AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

RUBAVU: IMIRAMBO 15 Y'ABANYEKONGO YABONETSE MU RWANDA

Yanditswe Apr, 21 2019 09:55 AM | 4,810 Views



Mu karere ka Rubavu habonetse imirambo 15 y'abanyekongo baherutse kurohama mu mpanuka y'ubwato yabereye mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo. Iyo mirambo yashyikirijwe ubuyobozi bw'umujyi wa Goma, ndetse akarere ka Rubavu gafata umwanzuro wo kuba gahagaritse ibikorwa byo koga n'uburobyi mu kiyaga cya Kivu.

Iyo mirambo y'abanyekongo yabonetse hagati mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rw'u Rwanda mu bice by'umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu. Nk'uko tubikesha ubuyobozi bw'aka karere, yatangiye kugaragara  mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatandatu, hahita hatangira ibikorwa by'ubutabazi bwo gushakisha indi mirambo, kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru hari hamaze kuboneka imirambo y'abantu 15.

Murenzi Janvier, umuyobozi w'akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu yihanganishije abaturanyi bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, ndetse iyo mirambo ishyikirizwa ubuyobozi bw'umujyi wa Goma, mu gikorwa cyabereye kuri plage ya Gisenyi.


Umuyobozi w'umujyi wa Goma Muisa Kense Thimothee yashimiye leta y'u Rwanda kubera ubutabazi bwakozwe avuga ko bagikomeje gushakisha abandi baburiwe irengero.

Muisa Kense Thimothee yagize ati "Ntabwo turashobora kumenya imyirondoro y'aba bantu, uretse indangamuntu 1 yabonetse mu mwambaro w'umurambo w'umugabo, kandi mu mirambo yabonetse y'abagore twasanzemo uwari utwite, tukaba dushimira leta y'u Rwanda uburyo inzego zinyuranye zadutabaye muri ibi byago.

Cyokora ibikorwa byakorerwaga mu kiyaga cya Kivu nko koga n'uburobyi byahagaritswe ku ruhande rw''akarere ka Rubavu kugeza igihe hazasohokera andi mabwiriza.

Mu ntangiriro z'icyumweru gishize, nibwo Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yatangaje ko abantu bagera ku 150 baburiwe irengero nyuma yaho ubwato barimo burohamye mu kiyaga cya Kivu hafi y'ahitwa Kalehe, buvuye mu ntara ya Kivu y'amajyaruguru.


Inkuru ya Saadah HAKIZIMANA




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage