AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Rubavu: Abadozi barifuza gutangiza uruganda rukora imyenda

Yanditswe Jan, 15 2022 19:24 PM | 10,183 Views



Abadozi b’imyenda bo muri koperative COCOPEGI ikorera mu gakiriro ka Mbugangari muri Gisenyi, Akarere ka Rubavu, bavuga ko bafite intego yo kuba bitarenze uyu mwaka  bazaba batangije uruganda rukora imyenda.

Imashini zifite ubushobozi n'abakozi bafite ubumenyi mu kudoda bihari, igisigaye bakeneyeho ubufasha ni ugukoresha  imashini zimwe na zimwe bataramenya gukoresha kandi zizaba zifatiye runini uruganda none barasaba amahugurwa yo kuzikoresha.

Mu gakiriro ka Mbugangari, abadozi bakoreramo bari mu bikorwa byabo by'ubudozi. Barakoresha  imashini nziza zigezweho, nibura buri wese iyo akoresha ifite agaciro ka miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.

Uwamahoro Philomene na Bizimana Aboubakhali ni bamwe mu badozi bamaze imyaka itanu bakorera muri aka gakiriro, bavuga ko gukoresha imashini zigezweho bibafasha kudoda byinshi mu gihe gito bityo ifaranga binjiza rikiyongera. 

Muri uru rugendo rw’imyaka itanu bishyize hamwe, koperative yashoboye kugura imashini z'agaciro ka miliyoni 54 z’amafaranga y’u Rwanda zirimo izikata imyenda mu buryo bwihuse, izisirifira n’izindi none muri uyu mwaka bifuza gutangiza  uruganda rukora imyenda itandukanye.

Imwe mu mbogamizi bagifite nubwo umushinga bawugeze kure, ni imashini bamaranye imyaka itatu ariko bakaba nta muntu uhari ufite ubumenyi bwo kuzikoresha none basaba inkunga y'amahugurwa

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu NZABONIMPA Deogratias avuga ko mu mu kwezi gutaha bateganya gushaka abazabongerera ubumenyi bwo gukoresha izo mashini ndetse kubohereza  mu rugendoahuri bazigiramo  uko  izindi nganda zikora.

Mu gihe uru ruganda ruzaba rutangiye, ubuyobozi bw’akarere bwemereye aba badozi ibindi byumba bigari bazakoreramo muri aka gakiriro.

Ubusanzwe iyi koperative ifite abanyamuryango 120 ivuga  ko muri iki cyerekezo iri kuganamo iteganya no kurushaho kumurika ibyo bakora , kuko kugeza ubu bakigorwa no kubona amasoko yabo badodera imyenda.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura