AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Rubavu: Ibiraro byangiritse bikomeje kubangamira ubucuruzi bw’ibisheke

Yanditswe Jan, 06 2022 12:52 PM | 14,858 Views



Abafite aho bahuriye n’imirimo y’ubuhinzi n'ubucuruzi bw’ibisheke mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Rubavu bavuga ko yabateje imbere  kuko  ibafasha kubona ibikenerwa by’ibanze mu miryango yabo, gusa ingorane zihari uyu munsi ziri gukoma mu nkokora imikorere yabo ni ibiraro byangiritse, ababarangurira babura inzira none barifuza ko bisanwa.

Uwamahoro Jacqueline na Mutamuriza Jeannine ni bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu  bamaze imyaka isaga 10 bakora imirimo ishamikiye ku buhinzi bw’ibisheke. Mu Murenge wa Nyundo aho tubasanze harangurizwa ibisheke, bagaragaza  uburyo imirimo ishamikiye ku buhinzi bwabyo  ibafasha kubonera imiryango yabo iby’ibanze nkenerwa bya buri munsi.

Umurenge wa Nyundo ufite ubuso bungana na hegitari zisaga 18 buhinzweho ibisheke. Ubu buhinzi butunze ababihinga, ababyikorera  n’abakodesha imirima yabyo.

Aba bose bavuga ko imirimo yabo igenda neza gusa inzitizi ihari muri iki gihe ni iyangirika ry’ibiraro 2 biri  ku  mugezi wa Sebeya none byakomye  mu nkokora ubwikorezi bw’ibisheke  kuva mu mirima bijya aho bikusanyirizwa bikabona kwerekera ku masoko atandukanye, bifuza ko byasanwa naho ubundi ngo biradindiza imigenderanire.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Habimana Aaron avuga ko mu gihe kitarenze icyumweru kimwe ibiraro bifite ikibazo biba byasanwe byoroheje ariko ubuhahirane bukomeze.

Biteganyijwe ko mu mwaka utaha w’ingengo y’imari wa 2022-2023 ibyo biraro byambukiranya umugezi  wa Sebeya  bizubakwa mu buryo burambye .

Uwamahoro Jeanne




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama